Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 38 Bahiriye Muri Gereza Ya Gitega Mu Burundi Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 38 Bahiriye Muri Gereza Ya Gitega Mu Burundi Barapfa

Last updated: 07 December 2021 3:35 pm
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’u Burundi bwemeje ko nyuma y’inkongi yibasiye igice kimwe cya gereza ya Gitega, abantu 38 biganjemo abagororwa bamaze kwitaba Imana naho 69 bakomeretse.

Iyi gereza yafashwe n’inkongi ahagana mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri. Ntabwo icyayiteye kiramenyekana.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Visi Perezida Prosper Bazombanza hamwe n’abandi bayobozi basuye iyi gereza, bitegereza ibyangijwe ndetse n’ingaruka uyu muriro wagize ku buzima bw’abari bayifungiwemo.

Yemeje ko imibare bamaze gushyikirizwa igaragaza ko abantu 38 bapfuye naho 69 bagakomereka, ubu bari mu bitaro bya Gitega aho barimo kwitabwaho n’abaganga nk’uko byatangajwe na Televiziyo ya Leta y’u Burundi, RTNB.

Hari amakuru ko abatekinisiye b’ikigo gishinzwe gutanga amazi n’amashanyarazi mu Burundi (REGIDESO) bagerageje kwinjira muri gereza ngo bazimye umuriro, ariko bikananirana bagasohoka biruka.

Imihanda igana kuri gereza yiriwe ifunze mu gucunga umutekano ngo hatagira imfungwa zitoroka.

Amafoto menshi yagiye akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza imfungwa zahiye ziryamye mu ivu, mu gihe abandi barokotse barimo guhabwa ubutabazi bw’ibanze n’umuryango utabara imbabare Croix Rouge.

Inzego z’umutekano z’u Burundi zatangaje ko zatangiye iperereza ku cyaba cyateye iyi nkongi.

Iyi nkongi yabaye nyuma y’uko ku munsi wabanje, abantu bataramenyekana bigabije urukiko rwa Gitega binjira mu madosiye barayatwara, andi baracagagura maze asigaye barayatwika.

Visi Perezida Prosper Bazombanza yagiye kureba ibyangijwe n’inkongi

Imodoka za Polisi zifashishijwe mu kuzimya inkongi
Visi Perezida Bazombanza aganira n’itangazamakuru
Iyi nkongi yafatiranye imfungwa zikiryamye
TAGGED:AbagororwaBurundifeaturedGerezaGitegaImfungwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bagiye Kurega Facebook Kuko Yatumye Bakorerwa Jenoside
Next Article Ubumwe Bw’Abanyarwanda Si Amayeri Ya Leta Nk’Uko Hari Ababibeshya- Min Dr Bizimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?