Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 38 Bahiriye Muri Gereza Ya Gitega Mu Burundi Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 38 Bahiriye Muri Gereza Ya Gitega Mu Burundi Barapfa

admin
Last updated: 07 December 2021 3:35 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’u Burundi bwemeje ko nyuma y’inkongi yibasiye igice kimwe cya gereza ya Gitega, abantu 38 biganjemo abagororwa bamaze kwitaba Imana naho 69 bakomeretse.

Iyi gereza yafashwe n’inkongi ahagana mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri. Ntabwo icyayiteye kiramenyekana.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Visi Perezida Prosper Bazombanza hamwe n’abandi bayobozi basuye iyi gereza, bitegereza ibyangijwe ndetse n’ingaruka uyu muriro wagize ku buzima bw’abari bayifungiwemo.

Yemeje ko imibare bamaze gushyikirizwa igaragaza ko abantu 38 bapfuye naho 69 bagakomereka, ubu bari mu bitaro bya Gitega aho barimo kwitabwaho n’abaganga nk’uko byatangajwe na Televiziyo ya Leta y’u Burundi, RTNB.

Hari amakuru ko abatekinisiye b’ikigo gishinzwe gutanga amazi n’amashanyarazi mu Burundi (REGIDESO) bagerageje kwinjira muri gereza ngo bazimye umuriro, ariko bikananirana bagasohoka biruka.

Imihanda igana kuri gereza yiriwe ifunze mu gucunga umutekano ngo hatagira imfungwa zitoroka.

Amafoto menshi yagiye akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza imfungwa zahiye ziryamye mu ivu, mu gihe abandi barokotse barimo guhabwa ubutabazi bw’ibanze n’umuryango utabara imbabare Croix Rouge.

Inzego z’umutekano z’u Burundi zatangaje ko zatangiye iperereza ku cyaba cyateye iyi nkongi.

Iyi nkongi yabaye nyuma y’uko ku munsi wabanje, abantu bataramenyekana bigabije urukiko rwa Gitega binjira mu madosiye barayatwara, andi baracagagura maze asigaye barayatwika.

Visi Perezida Prosper Bazombanza yagiye kureba ibyangijwe n’inkongi

Imodoka za Polisi zifashishijwe mu kuzimya inkongi
Visi Perezida Bazombanza aganira n’itangazamakuru
Iyi nkongi yafatiranye imfungwa zikiryamye
TAGGED:AbagororwaBurundifeaturedGerezaGitegaImfungwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bagiye Kurega Facebook Kuko Yatumye Bakorerwa Jenoside
Next Article Ubumwe Bw’Abanyarwanda Si Amayeri Ya Leta Nk’Uko Hari Ababibeshya- Min Dr Bizimana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?