Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu 60 Baguye Mu Mpanuka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu 60 Baguye Mu Mpanuka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 March 2022 5:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo habereye impanuka ikomeye yakozwe na Gari ya Moshi ihitana abantu kugeza ubu babarirwa muri 60.  Iyi mpanuka yabereye ahitwa Lubudi mu gace ka Lualaba.

Iyi mpanuka yabereye mu gace ka Lubudi kitiriwe umugezi wa Lubudi muri Lualaba

Byaraye bibaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 11, Werurwe, 2022.

Umubare w’abapfuye watanganjwe n’Umuyobozi w’Agace ka Lubudi witwa Clémentine Lupanda wa Mpanda.

Kugeza ubu abakozi ba Croix-Rouge n’abasore n’inkumi b’ababakorera bushake bari gufasha mu gushyira imirambo hamwe kugira ngo Polisi irebe niba hari abamenyekana imyirondoro yabo nyuma imirambo ishyikirizwe benewabo.

Clémentine Lupanda wa Mpanda yabwiye actualité.cd ati: “ Mvuye aho byabereye ndi kumwe n’umuyobozi wa Polisi kandi ibintu tubonye biteye ubwoba. Benshi bapfuye hari n’inkomere nyinshi kandi zakomeretse cyane. Ubuyobozi buri gukora uko bushoboye ngo haboneke uburyo bwo gushyingura abapfuye.”

Ni impanuka yakozwe na gari ya moshi igwamo abantu bagera kuri 60

Gari ya moshi yakoze iriya mpanuka yari ivuye mu Mujyi wa Mwene-Ditu, muri Ntara ya  Lomami mu gace ka Kasaï.

Aho yacaga hose yahakuraga abagenzi, kugeza ubwo yageraga i Lubudi.

Abakomeretse bikomeye bamaze kubarurwa ni 90, bamwe muri bo bakaba bagejejwe ku bitaro byitwa l’hôpital de la Cimenterie du Katanga (Cimentkat).

 

TAGGED:CongofeaturedImpanukaNtaraRepubulika
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibikubiye Mu Kibazo Cya Ruswa Ivugwa K’Uwahoze Ayobora Rwanda Housing Authority
Next Article Nyarugenge: Bavuga Ko Umuntu Wabo Akurikiranyweho Urupfu Rw’Uwo Batiriranywe, Uwo Biririranywe Yidegembya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?