Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw

Last updated: 31 August 2021 2:49 pm
Share
Aba bagabo bitanye ba mwana
SHARE

Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho guhimba imashini zisohora inyemezabuguzi z’ikoranabuhanga zimenyerewe nka EBM, bakazifashisha mu mugambi wabafashije kunyereza imisoro irenga miliyoni 40 Frw.

Abo bagabo babiri ntibavuga rumwe kuri icyo cyaha bakurikiranyweho.

Umwe muri bo yabwiye itangazamakuru ko yari asanzwe akora akazi ko gufungura ibigo by’ubucuruzi kuri internet, akabifungura biri kumwe na ‘EBM yabyo.’

Ati “Abacuruzi bampamga nomero z’irangamuntu nkagenda nkabafungurira kampani zikazana na EBM zazo, nkazibaha. Uyu munsi kuba mpagaze hano ni uko nafashwe nari ngiye gufungura indi kampani y’umucuruzi turi kumwe hano. Yari iya gatatu nari ngiye kumufungurira.”

Mu mizo ya mbere ngo yazifunguraga azi ko ari ibigo by’ubucuruzi, atazi ko ari ibyo abantu bakoresha ngo babone za EBM z’inkorano, zitagira aho zanditse.

Yemeza ko yaje gutungurwa no gusanga bya bigo yafunguye nta hantu byasoreraga Leta.

Yatangaje ko ibyo akazi ko gufungura biriya bigo yabitangiye muri uyu mwaka muri Werurwe 2021, kandi ngo yakoranaga n’umugabo bafatanywe.

Uwo avuga ko ari Sebuja ariko yamwihakanye.

Uwo mugabo ufite iduka ry’ibikoresho by’ubwubatsi mu Mujyi wa Kigali, yavuze ko uyu umushinja ubutekamutwe atari umuntu basanzwe baziranye, ahubwo yari umukiliya we usanzwe.

Ngo baraganiriye amubwira ko hari fagitire ajya asagura, ko bavugana akajya agira izo amuhaho, akazimenyekanisha bakamugabanyiriza imisoro.

Ati “Nta bundi buryo twigeze dukoranamo na we. Twakoranye gutyo, akaza akampa izo fagitire. Twakoranye nk’ibihembwe bitatu ariko sinibuka amafaranga ayo ariyo, ariko wenda ashobora kugera muri miliyoni 40 Frw.”

Avuga ko atigeze ategeka uriya mugabo ngo ajye akorana na we mu buryo buhoraho.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissionner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko ibyo bariya bacuruzi bakoze bidakwiye, kandi n’abandi bibwira ko banyereza imisoro ntibafatwe, bibeshya.

Ati “Twe nka Polisi kimwe mu byo dushinzwe ni ugushaka amakuru tukayasesengura, twasanga atuzuye tugashakiraho andi kugeza igihe tuzafata umuntu dukurikiranyeho icyaha. Abibwira ko bazakora ibyaha bakihisha ubuziraherezo, nta shingiro bafite.”

TAGGED:AbacuruziEBMfeaturedImisoroKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19
Next Article Gukingira COVID-19 Abarengeje Imyaka 18 Mu Mujyi wa Kigali Byasubukuwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?