Abantu Bari Mu Bwato Bwagaragayemo Hantavirus Batangiye Gucyurwa Iwabo

Umwanditsi wa Taarifa
7 Min Read

Ibihugu byatangiye gutwara abaturage babyo bakuwe mu bwato bwibasiwe na virusi ya Hantavirus.

Aba mbere bakuwe muri ubwo bwato bw’ubukerarugendo bwibasiwe na virusi ya hantavirus, bwari buhagaritse hafi y’Ibirwa bya Canary bya Espagne, ubu bamaze kugera i Madrid.

Abanya-Espagne 14 bacyuwe mu indege yihariye ibavanye i Tenerife bakaba bagomba gushyirwa mu kato by’agateganyo mu bitaro bya gisirikare biri mu murwa mukuru Madrid.

Nyuma yabo hakurikiyeho Abafaransa bajyanywe i Paris, mu gihe n’ibindi bihugu birimo u Bwongereza byitegura gucyura abaturage babyo.

Abakozi bari mu gikorwa cyo gutabara i Tenerife bazaga bambaye imyenda yihariye yo kwirinda ubwandu hanyuma aho hantu bakasuka imiti ku kibuga cy’indege ngo hatagira ikindi cyabanduza.

Abantu batatu bamaze gupfa bazize iki cyorezo cyabereye mu bwato bw’Abadage bwitwa MV Hondius, barimo babiri byemejwe ko bari banduye hantavirus.

Hari kandi indege zitegerejwe ngo zitware abaturage ba Turukiya, Irilande na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Minisitiri w’Ubuzima Mónica García yavuze ko igikorwa “kirimo kugenda neza” kandi ko abagenzi bose bari muri MS Hondius nta bimenyetso bya virusi bagaragazaga.

Ubwato MV Hondius bwinjiye ku cyambu cya Granadilla mbere y’uko bucya kuri iki Cyumweru, hashize ukwezi umugenzi wa mbere apfiriye muri ubwo bwato.

Mu gitondo, bwagaragaraga buri kure gato y’inkombe, ubwato bwa polisi bwarimo bucunga umutekano, mu gihe ku butaka hari ibikorwa bikomeye byo gufasha abagenzi n’abakozi barenga 100 gusohoka muri ubwo bwato.

Ahagana saa moya za mu gitondo, amakipe y’abaganga yinjiye mu bwato kureba niba hari ugaragaza ibimenyetso bya virusi.

Hifashishijwe camera zireba kure, byagaragaraga ko bamwe mu bagenzi bazengurukaga ku bwato cyangwa bari ku madirishya, bose bambaye udupfukamunwa twera, mu gihe ibikorwa bya mbere byo kubavana mu bwato byatangiraga.

Bamwe bicaye mu bwato bwo kubavana ku nkombe bubahiriza intera hagati yabo, bafata amashusho n’amafoto bageze ku butaka aho bakiriwe n’abayobozi bambaye imyenda y’ubwirinzi y’umweru.

Nyuma bajyanywe naza bisi ku kibuga cy’indege kiri hafi aho.

Indege yerekezaga mu Buholandi yari iteganyijwe gutwara abantu 27, barimo Ababiligi, Abagereki, Abadage n’Abanya-Argentine.

Hari n’izindi ndege zari ziteguye guhaguruka nyuma yaho, harimo izijya mu Bwongereza no muri Amerika.

Indege ya nyuma yo kwimura abantu yari iteganyijwe kujya muri Australia ku wa Mbere.

Abagenzi b’ubu bwato bagomba kwishyira mu kato nyuma yo kuva i Tenerife, ibintu bigoye kuko iyi virusi ishobora kumara ibyumweru icyenda itaragaragaza ibimenyetso.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryasabye ko aba bagenzi bashyirwa mu kato k’iminsi 42 uhereye igihe baheruka guhura n’iyi virusi.

Abagenzi baturutse mu Bwongereza bazajyanwa ahantu hihariye ho kwitarura abandi, aho bazaguma kugeza ku masaha 72.

Nyuma abaganga bazasuzuma niba bashobora gukomeza kwitarura mu rugo cyangwa ahandi hantu haboneye bitewe n’imibereho yabo.

Hari hateguwe neza uburyo bwo kwakira ubu bwato, butari bwemerewe kugera ku nkombe: hashyizweho akarere k’umutekano ka kilometero imwe yo mu nyanja ubwo bwegerezaga ikirwa.

Abaganga benshi b’inzobere mu kwita ku barembye bari biteguye ku bitaro bya Candelaria i Tenerife mu gihe hagira urwara bikomeye, akaba yatabarwa.

Hari icyumba cyihariye cyo kwakira abanduye indwara z’ibyorezo, gifite ibikoresho byose birimo ibyuma bipima indwara n’imashini zifasha guhumeka.

Umuganga mukuru ushinzwe abarwayi barembye, Mar Martin, yavuze ko biteguye neza.

Ati: “Nta na rimwe twari twabona hantavirus mbere, ariko ni virusi ifite ibibazo bimwe nk’ibyo dusanzwe tuvura buri munsi. Twarabyigiye kandi turabyiteguye.”

Minisitiri w’Ubuzima Mónica García yavuze ko iki gikorwa gikomeye kuko ari icyo gukumira ikwirakwira ry’ubwoko budasanzwe bwa virusi ya Andes kandi ari “ikintu kidasanzwe mu mateka”.

Ku wa Gatandatu yashimangiye ko ibyago byo kwandura ku baturage muri rusange biri hasi cyane.

Yavuze ko gukabya ibintu, amakuru atari yo n’urujijo bidafasha mu kurengera ubuzima rusange.

Umuyobozi wa WHO, Tedros Adhanom Ghebreyesus, wari i Tenerife gukurikirana ibikorwa byo kuvana abantu mu bwato, yavuze ko byose “birimo kugenda neza cyane”.

Iki cyorezo cyahujwe n’imyanda iri mu Majyepfo ya Argentina, ahakundwa n’abareba inyoni.

Iyo virusi ikwirakwizwa n’imbeba, kandi ni gake cyane ko yandurira hagati y’abantu.

Umuyobozi wa WHO yasabye Abanya-Espagne bafite impungenge kugirira icyizere abashinzwe iki gikorwa cyo gutabara.

Ati: “Impungenge mufite zirumvikana kubera Covid; icyo cyorezo kiracyari mu bitekerezo byacu.”

Ariko yongeyeho ko ibyago byo gukwirakwira cyane ubu biri hasi “bitewe n’uburyo iyi virusi ikora ndetse n’uko Guverinoma ya Espagne yiteguye gukumira ikibazo icyo ari cyo cyose.”

Hari abaturage bamwe bagaragaje uburakari ubwo bamenyaga ko ubwato Hondius bugiye kuzanwa ku kirwa cyabo.

Ku wa Gatanu, itsinda ry’abakozi bo ku cyambu ryakoraniye imbere y’inteko ishinga amategeko y’aho bakora imyigaragambyo, bavuga ko ingamba z’umutekano zidahagije.

Mu ijoro ryakeye, gahunda zose zari zateguwe zabaye nk’izihungabana igihe Perezida w’Ibirwa bya Canary, Fernando Clavijo, yavugaga ko atazemerera ubwato kwinjira ku cyambu kuko ibikorwa byo kuvana abantu mu bwato bitashoboraga kurangira mu munsi umwe.

Guverinoma nkuru i Madrid byabaye ngombwa ko itabara.

Clavijo yaje no kuvuga kuri televiziyo ko imbeba ishobora kuba itwaye hantavirus “ishobora kuva mu bwato nijoro igashyira abaturage b’Ibirwa bya Canary mu kaga”.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuzima yahise asobanura ko ibyo “atari ikibazo gishobora kubaho”.

Muri rusange, abaturage benshi bo kuri icyo kirwa basa n’abizezwa ko ibyago byo kucyandura biri hasi.

Umugore witwa Jennifer yabwiye abanyamakuru ba BBC ati: “Birumvikana ko iyi virusi iteje akaga. Ariko bavuga ko kugira ngo uyandure bisaba kwegerana cyane n’uyirwaye.”

Yongeyeho ati: “Nitwitonda, twizeye ko bitazaba ikibazo gikomeye.”

Si abantu bose bazava muri Hondius i Tenerife kuko hari abakozi bagera kuri 30 bazaguma mu bwato kugira ngo babusubize mu Buholandi.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *