Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Barindwi Bakurikiranyweho Kwiba Batiri Ku Minara y’Itumanaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Abantu Barindwi Bakurikiranyweho Kwiba Batiri Ku Minara y’Itumanaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 March 2021 8:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’ u Rwanda yatangaje ko imaze gufata abantu barindwi bakurikiranyweho kwiba batiri 32 ku minara y’itumanaho ya IHS RWANDA Ltd.

Polisi yatangaje ko gushakisha abibaga izo batiri byatangiye ku wa 25 Werurwe 2021, ku ikubitiro hafatwa  abantu bane bafite batiri 32 baguraga zibwe byitwa ko bagura ibyuma bishaje, ibyo bakunze kwita ‘inyuma’ .

Haje gufatwa n’abandi bantu batatu bakekwaho kuba aribo bafunguraga izo batiri ku minara bakajya kuzigurisha.

Aba  bose bafatiwe mu  Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo, mu mirenge itandukanye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bafashwe harimo babiri bafatanywe
batiri 11 n’abandi babiri bafatanywe batiri 21.

Umuvugizi  wa  Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yavuze ko gufatwa kwa bariya bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’ubuyobozi bwa IHS RWANDA LTD, ko bamaze iminsi bibwa zimwe muri batiri ziba ku minara yabo.

Yagize ati “Ubuyobozi bwa kiriya kigo bwaduhaye amakuru ko  hari abantu bataramenyekana biba zimwe muri batiri ziba ku minara yabo iba mu Karere ka Gasabo. Ishami ryacu rishinzwe kurwanya ubujura ryatangiye gushakisha abantu baba biba izo batiri, nibwo tariki ya 25 Werurwe habanje gufatwa abantu bane bavuzwe haruguru ndetse banafatanwa batiri 32.”

CP Kabera yakomeje avuga ko nyuma yo gufata bariya bane bari bafite batiri, bukeye bwaho tariki ya 26 Werurwe haje gufatwa abandi bantu batatu.

Aba bacyekwaho kugira uruhare mu kurira iminara bagafunguraho izo batiri bakazigurisha ba bandi bane bafatanywe batiri 32.

- Advertisement -

CP Kabera ati “Aba bakimara gufatwa biyemereye ko bari bamaze kwiba batiri zirenga 20, bazibye ku minara y’ikigo cya IHS Rwanda Ltd, iminara iherereye  Kibagabaga, Remera, Kinyinya  na Rugando. Bavuze ko babitangiye mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2021 muri Mutarama bakazigurisha uwaguraga ibyuma bishaje.  Batiri imwe yayiguraga amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 22.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yongeye  kwibutsa abantu ko Polisi  itazahwema gufata abakekwaho kwiba no gukora ibindi byaha.

Yavuze ko atari ubwa mbere mu Mujyi wa Kigali no mu gihugu hose hafashwe abantu bangiza ibikorwaremezo babyiba.

Yakanguriye buri muturarwanda kumva ko afite inshingano zo kurinda ibikorwaremezo Leta igenda yegereza abaturage, kuko nta muntu n’umwe biba bidafitiye akamaro mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

TAGGED:featuredIHS RWANDA LtdPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Ubwo Iheruka Kwa Dr Kayumba Yari Yagiye Gukora Iki?
Next Article Abana Ba Brad Pitt Na Angelina Jolie Bafite Uruhare Muri Gatanya Yabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?