Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batandatu Bafashwe Bakurikiranyweho Gusagarira Umucamanza 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abantu Batandatu Bafashwe Bakurikiranyweho Gusagarira Umucamanza 

Last updated: 13 July 2021 5:05 pm
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze abantu batandatu bo mu Karere ka Rusizi, bakurikiranyweho gusagarira umucamanza no kuvogera inyubako y’Urukiko rw’ibanze rwa Kamembe.

Ni ibikorwa byabaye ku wa 9 Nyakanga 2021, bifitanye isano n’ibimina bigize ubucuruzi bw’amafaranga bw’uruhererekane buzwi nka piramide (pyramide), yatanzwe n’abaturage mu bimina byiswe Blessing na Ujamaa.

Abatanze amafaranga ngo ntayo basubijwe, hitabazwa RIB ifata abayakiriye, ariko urukiko ruza kubagira abere. Amakuru avuga ko amafaranga yose yatanzwe yageraga miliyoni 500 Frw.

Ku rutonde rw’amafaranga yatanzwe hariho nk’abagore bigaragara ko muri Ujamaa batanzemo miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, muri Blessing bagatangamo 1,350,000 Frw.

Abafashwe na RIB kuri iyi nshuro bakekwaho ko ku wa 9 Nyakanga ahagana saa sita z’amanywa, bakoze ibikorwa by’urugomo no gusagarira abakozi b’urukiko barimo Umucamanza n’umwanditsi, aho bamufashe mu mashati basaba ko ababambuye bagomba gukurikiranwa.

Taarifa yabonye amakuru ko babikoze “bitwaje ko batanyuzwe n’icyemezo cyafashwe n’urwo rukiko.”

Mu itangazo yasohoye, RIB yavuze ko “Bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe mu gihe iperereza rikomeje kugirango dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.”

Yibukije ko utishimiye imyanzuro y’urukiko habaho kujurira nk’uko amategeko abiteganya.

Urwego rw’Ubucamanza kuri uyu wa Mbere narwo rwasohoye itangazo ruvuga ko rwababajwe n’ibyo bikorwa bigayitse.

Ruti “Urwego rw’Ubucamanza ruributsa buri wese ko gushyira iterabwoba cyangwa igitutu icyo aricyo cyose ku mucamanza kubera icyemezo yafashe bibujijwe kandi bihanwa n’amategeko.”

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano riteganya ko kuvogera urukiko cyangwa kugirira urugomo urwo ari rwo rwose ku mucamanza cyangwa undi muyobozi uwo ariwe wese mu gihe akora umurimo ashinzwe cyangwa ari wo biturutseho, aba akoze icyaha.

Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarengeje imyaka itanu.

Bariya baturage b’i Rusizi bavuga ko hari abantu bakomeye mu nzego za Leta batumye abantu babambura ntibakurikiranwe, nk’uko bigaragara mu ibaruwa bandikiye Minisitiri w’Intebe ku wa 1 Kamena 2021.

Barimo uhagarariye Banki y’Abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, mushiki w’Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, umugore ufite umugabo ukora mu Rwego rw’Igihugu Rushinzwe Iperereza n’Umutekano w’Igihugu (NISS) akaba na Mushiki w’Umuyobozi Mukuru wungirije wa RDB, n’abandi bafite aho bahuriye na buriya bucuruzi.

TAGGED:featuredRIBRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ukekwaho Ubujura Ati: ‘Nibye Kubera Ko Databuja Yansonjesheje’, RIB Iti: ‘Sigaho’
Next Article Inkingo Miliyoni 110 Zo Mu Bushinwa Zigiye Guhabwa Ibihugu Binyuze Muri COVAX
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?