Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batanu Bafashwe Bakekwaho Kurema Umutwe w’Abagizi Ba Nabi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Batanu Bafashwe Bakekwaho Kurema Umutwe w’Abagizi Ba Nabi

Last updated: 09 July 2021 5:06 pm
Share
SHARE

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwerekanye abantu batanu bakekwaho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, bakagurisha imitungo y’abantu batandukanye.

Abo bantu bashinjwa ko bambura abantu bababeshya ko barimo kubagurisha ibibanza n’inzu kandi atari ibyabo. Babanza kureba inzu cyangwa ubutaka bugurishwa, umwe akigira nyir’inzu, abandi bakigira abakomisiyoneri bashaka abaguzi, hakaba n’abandi bashinzwe gucura ibyangombwa by’ibihimbano.

Yakomeje iti “Nyuma bashaka umuguzi, bakajya gusura inzu cyangwa ubutaka. Muri ako kanya igihe bari kumvikana ibiciro haza undi muntu wigize umuguzi na we ushaka ya nzu, kugirango bakumvishe ko agiye kuyigutwara bityo bikaborohera.”

“Muri ako kanya iyo washimye bagusaba kwishyura avanse kugirango ugaragaze ko ufite ubushake bwo kugura, ndetse bakakubwira ko andi asigaye uzayatanga mu gihe cyo guhinduza ibyangombwa. Iyo udashishoje ngo ugire amakenga ukabaha amafaranga baragenda ntibongere kuboneka.”

Bariya bantu uko ari batanu berekanywe na RIB kuri uyu wa Gatanu.

Bafashwe nyuma y’uko bari bamaze guhabwa miliyoni 14,5 Frw n’umuturage bari batekeye umutwe bakamugurisha inzu itari iyabo iherereye mu Karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo.

Iriya nzu yagombaga kugurwa miliyoni 22 Frw, nyamara ibyangombwa berekanaga byari ibihimbano.

Uko ari batanu bemera ibyaha bakanabisabira imbabazi.

RIB yasabye abaturage kujya bagura ibintu babanje gushishoza, ndetse bakajya bishyurira abantu kuri banki kuko bituma imyirondoro y’abishyuwe imenyekana.

Amafaranga bari bahawe yagarujwe, ayari yamaze kugurwamo ibintu birafatirwa.

 

 

Iki gikarito kiba kirimo impapuro bakabeshya abantu ko ari amadolari
Bagendana n’ibyangombwa by’ubutaka by’ibihimbano
TAGGED:impapuro mpimbanoRIB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kabandana Niwe Uzayobora Ingabo Z’U Rwanda Zoherejwe Muri Mozambique
Next Article Ikipe Y’U Rwanda Yabatarengeje Imyaka 23 Ntizakina CECAFA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?