Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Batanu Bafashwe Barimo Kwinjiza Magendu Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu Batanu Bafashwe Barimo Kwinjiza Magendu Mu Rwanda

admin
Last updated: 22 June 2021 10:13 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Karongi yafatanye abantu batanu ibicuruzwa bya magendu birimo inkweto, imyenda n’insinga z’amashanyarazi, babivanye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Biriya bicuruzwa byose byafatiwe mu Murenge wa Gishyita ku wa 19 na 20 Kamena 2021.

Harimo babiri bafatanywe ibizingo 14 by’insinga z’amashanyarazi, umwe afatanwa ibilo 40 by’inkweto za caguwa n’uwafatanywe ibilo 30 by’imyenda ya caguwa. Harimo kandi uwafatanywe ibitenge 100 n’undi wahise atoroka, hafatwa ibilo 80 by’inkweto ze za caguwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko aba bose bafashwe mu minsi ibiri ikurikirana, mu bikorwa bya Polisi byo kurwanya abacuruza magendu.

Yagize ati “Twari dufite amakuru ko umuhanda uva Rusizi werekeza Karongi imodoka ziwunyuramo, nyishi zikunze kuba zirimo abantu bafite ibicuruzwa bya magendu, cyane cyane bakabitwara mu mpera z’icyumweru (weekend).”

“Ubwo nibwo Polisi yashyize bariyeri mu tugari twa Cyanya na Ngoma two mu Murenge wa Gishyita, imodoka yose ihageze cyane cyane izitwara abagenzi bakayihagarika bakayisaka, ari nabwo bariya bantu bafatwaga usibye umuntu umwe wari ufite ibiro 80 by’inkweto za caguwa wasohotsemo agahita yiruka.”

Yavuze ko bariya bantu batanu bafashwe bemeye ko ibi bicuruzwa bya magendu bajya kubirangura muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ariko mu kugaruka bakanyura mu nzira zitemewe kugira ngo badafatwa.

Bavuze ko ibyo bicuruzwa bari babijyanye mu Mujyi wa Kigali.

CIP Karekezi yaburiye abishora mu bikorwa byo gucuruza no gutunda ibicuruzwa bya magendu, cyane cyane abitwikira iminsi bita ko ari iy’ikiruhuko.

Ati “Hari abibwira ko muri weekend Polisi idakora, bakibwira ko iyo minsi ibiri bazayikoramo ibyo bishakiye batekereza ko Polisi iri mu kiruhuko. Twagira ngo tubibutse ko Polisi itagira ikiruhuko, iminsi yose n’amasaha yose irakora.”

“Ababitekerezaga rero basubize amerwe mu isaho kuko nta na rimwe izigera ibaha agahenge.”

Ibyo bicuruzwa bya magendu byashyikirijwe ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro – ishami rya Karongi – bakazahanwa hakurikije icyo amategeko ateganya.

Itegeko ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana na $5000.

 

TAGGED:featuredKarongiMagenduPolisi y’u RwandaRDCRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imari Iba Mu Biyobyabwenge Niyo Ituma Bidacika
Next Article ‘Pegasus’ Ikoranabuhanga Rimenya Byose Biri Muri Telefoni Yawe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?