Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Benshi Barimo Abanyamerika 12 Biciwe Ku Kibuga cy’Indege Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abantu Benshi Barimo Abanyamerika 12 Biciwe Ku Kibuga cy’Indege Muri Afghanistan

Last updated: 27 August 2021 10:30 am
Share
SHARE

Inzego z’umutekano za Leta zunze ubumwe za Amerika n’iza Afghanistan zatangaje ko abaturage nibura 60 n’abasirikare 12 ba Amerika bimaze kumenyekana ko biciwe ku kibuga cy’indege mu murwa mukuru Kabul, baturikanwe n’ibisasu byakomerekeje abandi benshi.

Ntabwo abaturikije biriya bisasu bahise bamenyekana, ariko nyuma ibyo bitero byaje kwigambwa n’umutwe wa Islamic state.

Habanje guturika ibisasu bibiri byanahitanye abasirikare 12 ba Amerika bari bacunze umutekano w’abaturage benshi, bakoraniye ku kibuga cy’indege bashaka guhunga.

Abandi basirikare 15 bakomeretse, mu gihe mu baturage habarurwa abasaga 140 nk’uko Al Jazeera yabitangaje.

Mu gihe abantu bari bakigerageza gutabara inkomere, amakuru avuga ko hahise haba iturika ry’ikindi gisasu cya gatatu.

Byitezwe ko imibare y’abapfuye n’abakomeretse iza gukomeza kwiyongera.

Kuri uyu wa Kane ubwo ibitero byabaga, ku kibuga cy’indege hari hakomeje kwirundira abantu benshi barimo kugerageza guhunga igihugu, nyuma yo gufatwa n’umutwe wa Taliban.

Umuyobozi mukuru muri Ministeri y’Ingabo ya Amerika, Gen Kenneth McKenzie, yatangaje ko nubwo biriya bitero byabaye, nta kabuza ibikorwa byo guhungisha abantu bizakomeza. Byari byatangajwe ko bizasozwa ku wa 31 Kanama.

Bikekwa ko hari abanyamerika 1000 bakiri muri Afghanistan.

Ibisasu bibiri byaturitse byahitanye benshi
Igikuba cyahise gicika mu baturage benshi bageragezaga guhunga
Bibarwa ko abantu barenga 140 bakomeretse
Abaganga bahise batabarana ingoga
Ibitaro byo hafi aho byakiriye inkomere nyinshi
Ku kibuga cy’indege cya Kabul abantu ni uruvunganzoka

 

TAGGED:AfghanistanTaliban
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Yiga Ku Ishoramari Muri Afurika
Next Article Abaguye Mu Gitero Ku Kibuga Cy’Indege Muri Aghanistan Bamaze Kuba 110
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Yafashe Ubwato Bibiri Bw’Abarusiya Bwajyaga Muri Venezuela

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Trump Ntarashirwa…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Touadéra Yongeye Gutsinda Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?