Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu Hafi 180 Bararembye Kubera COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abantu Hafi 180 Bararembye Kubera COVID-19

Last updated: 11 July 2021 5:33 pm
Share
SHARE

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Mpunga Tharcisse yavuze ko abantu hafi 180 barembejwe na COVID-19 ku buryo barimo kongererwa umwuka, asaba abaturarwanda kurushaho kwirinda.

Ni imibare iri hejuru mu gihe u Rwanda ruhanganye n’ubwiyongere bukabije bw’ubwandu bwa COVID-19, bufitanye isano na SARS-CoV-2 yihinduranyije, cyane cyane iya Delta.

Yagize ati “Mu gihugu hose abarwayi dufite bagera mu 15,000 bakirwaye, muri abangaba 90% bavurirwa mu ngo. Hari abari mu bitaro no mu bigo byakirirwamo abarwayi twafunguye bagera muri 350, ariko muri aba harimo hafi 180 bari ku mwuka barembye. Ibyo rero bivuga ko ubwandu bwiyongereye kandi bwarazamutse cyane.” Yari mu kiganiro kuri Isango Star TV.

Dr Mpunga yasabye abaturarwanda kurushaho kwitwararika mu gihe Guverinoma irimo gukoresha imbaraga ngo haboneke inkingo zafasha mu guhangana n’iki cyorezo. Izi nkingo zituma abantu bataremba, ahubwo umubiri ukagira ubushobozi bwo gutsinda virus vuba.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yashishikarije abaturage ko n’iyo bagiye guhaha ku isoko bagomba kwikozayo bagahita bataha, kandi bakazirikana guhana intera.

Yasabye abantu guhwiturana ku kubahiriza amabwiriza, n’aho umuntu abonye abayarengaho agatungira agatoki inzego zimuri hafi.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yibukije abantu bakomeje gufatwa bari mu birori nko kwizihiza isabukuru ko bagomba kubihagarika, kuko igihe cyo kubikora kizabaho icyorezo cyashize.

Ati “Abantu nibirinde kurenga ku mabwiriza.”

U Rwanda kandi rukomeje gukora ibishoboka mu kongera umwuka uhabwa abarwayi kwa muganga.

Kugeza ku wa Gatandatu abari bamaze kwandura COVID-19 mu Rwanda ni 47667, barimo 830 bashya. Abakingiwe barenga ibihumbi 394.

Ni mu gihe abamaze gupfa ari 551.

Dr Mpunga Tharcise yasabye abantu kurushaho kwitwararika

 

 

TAGGED:COVID-19CP John Bosco KaberaDr Mpunga TharcissefeaturedIbitaroPudence Rubingisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa Bwafunguye Utubyiniro Nyuma y’Igihe Gisaga Umwaka
Next Article Tuzakomeza Gufata Abazana Ibyangiza Abaturage Bacu- CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?