Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abantu, Ikoranabuhanga No Guhanga Udushya Nibyo Dushyize Imbere- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abantu, Ikoranabuhanga No Guhanga Udushya Nibyo Dushyize Imbere- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2023 8:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame avuga ko hari ibintu bitatu u Rwanda rukeneye kugira ngo rukomezze gutera imbere: Ibyo ni abantu, ikoranabuhanga no guhanga udushya.

Hari mu kiganiro yahaye umuyobozi w’ikigo Zipline, Umunyamerika witwa Keller Rinaudo Clifford.

Kagame avuga ko u Rwanda ari igihugu cyagize amateka yakigishije ubwenge.

Ni ubwenge bwo kudaheranwa n’ibyahise ahubwo hagakorwa ibishoboka ngo igihugu gitere imbere.

Ikigo Zipline nicyo cyakoranye n’u Rwanda mu kubaka uburyo bwo kugeza kwa muganga amaraso indembe zikenera hakoreshejwe utudege duto bita drones.

Twatangiye gukora mu mwaka wa 2016, dutangirira mu Karere ka Muhanga.

Keller yabajije Perezida Kagame niba icyo gihe bigitangira yarabonaga ko bizatanga umusaruro nk’uwo byatanze, undi amusubiza ko, ku ikubitiro, byagaragaragara nk’aho bizagorana ariko akemeza ko igitekerezo cy’uko byashobokaga aricyo cyari gikomeye kurushaho.

Ati: “ Iyo ugerageje ikintu ku nshuro ya mbere ukabona kirakoze, ukabona hari intambwe uteye, icyo gihe urakomeza ugakora  kandi bigakunda…”

Perezida Kagame avuga ko buri gihe aba azi neza ko ibintu bizagenda neza n’ubwo aba atabyemeza ko bizagenda gutyo ijana ku ijana.

Yavuze ko imikoranire y’u Rwanda na Zipline ari urugero rwakoreshwa n’ahandi kugira ngo, mu bufatanye nk’ubwo, imibereho y’abantu irusheho kuba myiza.

Keller nawe yashimye urwego iriya mikoranire igezeho avuga ko bigitangirainshuro  amaraso yagezwaga aho yari akenewe ku munsi zari nke ariko ko muri iki gihe ziyongereye k’uburyo zibarirwa mu ijana, ibintu Perezida Kagame yishimiye.

Umuyobozi w’ikigo kitwa Zipline, Umunyamerika Keller Rinaudo Clifford.
TAGGED:featuredIkoranabuhangaKagameRwandaUbuzimaUtudegeZipline
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi FC Ashima Umusaruro Itanga
Next Article Putin Yashyiriweho Impapuro Zo Kumuta Muri Yombi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?