Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 November 2025 2:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagabo babiri bakomoka muri Eritrea ariko basanzwe baba muri Amerika bavuga ko nyuma yo kumenya ko mu Rwanda hizewe muri byinshi, bahisemo kuhashora amadolari yabo.

Bavuga ko bahashoye miliyoni nyinshi y’amadolari ya Amerika birinze kuvuga uko zingana.

Amafaranga yabo bayashoye muri siporo binyuze mu kubaka ibibuga by’imikino y’ingeri nyinshi kandi yakinwa n’abafite ubumuga.

Mu kiganiro abo bashoramari baherutse gukorana n’itangazamakuru bagarutse ku mpamvu zatumye bashora i Kigali.

Umwe muri bo ati: “Ubusanzwe dukomoka muri Eritrea ariko tuba muri Amerika. Twashakishije amakuru k’u Rwanda tuza kumenya ko rutekanye, ko kurushoramo byihuta kandi byungura hanyuma rero dushyira hamwe amafaranga tuza kuyahashora.”

Bemeza ko bashoye mu Rwanda kuko hungura

Taarifa Rwanda yashatse kumenya umwihariko bafite ugereranyije n’abandi basanzwe barashoye muri siporo.

Uwo mwihariko, nk’uko babyemeza, urimo ko abana, abafite ubumuga n’abageze mu zabukuru bateganyirijwe aho kugororera imitsi.

Iyo urebye ahubatswe ibyo bibuga bise Sportspark, uhasanga ikibuga gito cy’umupira w’amaguru bita ‘Mini football playground’, ikibuga gito cya Basketball, aho bakorera siporo yo koga, aho baterurira ibyuma, aho gukinira billard ndetse hari n’aho abahanga mu gisoro, dames na stratego bazajya bahurira bagakina.

Ikigo Sportspark kiri mu Karere ka Kicukiro hafi y’aho bita Des Amis.

Ikindi bavuga ko kiri mu bizorohereza abantu kubagana ni ibiciro bavuga ko ‘bishyize mu gaciro’.

Taarifa Rwanda yamenye ko mu kubaka cyangwa kuvugurura aho ibi bikorwaremezo biri abo bashoramari bashoyemo miliyoni $1.4 ni ukuvuga hafi miliyari Frw 2.

Siporo iri mu nzego u Rwanda rwiyemeje gushoramo no kuzibyaza andi mafaranga.

Uretse ibyo, uru rwego ni ingirakamaro mu gutuma ubuzima bw’abaturage cyanecyane abo mu mijyi buba bwiza, ibi bikaba impamvu zatumye Leta ishyiraho iminsi ibiri mu kwezi abantu bahurira mu mihanda itarimo ibinyabiziga bagakora siporo.

Perezida wa Repubulika na madamu we n’abandi bayobozi bakuru n’abo bajya bayitabira.

TAGGED:EritreaIshoramariKicukiroSiporoSportspark
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

DRC: Bashyinguye Bundi Bushya Nyuma Y’Uko Imyuzure Ishenye Irimbi

Imbuto N’Imboga Biri Mu Bikomeje Kwinjiriza u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yakoresheje Imibare Inyomoza Abanditse Ko Abanyamerika Bashora Mu Rwanda Bagabanutse

Abo YouTube Ihemba Bize Uko Ubwenge Buhangano Bwarushaho Kubungura

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Abanyarwanda Icyo Bakwiyemeza Nticyabananira- Maj Gen (Rtd) Jack Nziza

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

You Might Also Like

Imikino

Imikoranire Y’u Rwanda Na Arsenal Kuri Visit Rwanda Igiye Kugera Ku Ndunduro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kicukiro: Abagore Bigishijwe Ko Burya Amafaranga Abyara Andi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?