Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanya Turikiya Bahamijwe Kunekera Mossad
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanya Turikiya Bahamijwe Kunekera Mossad

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2025 2:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ikirango cya Mossad
SHARE

Abantu bo muri Turikiya bagejejwe imbere y’urukiko baregwa kunekera urwego rwa Israel rushinzwe ubutasi bwo hanze, Mossad.

Urukiko rwabakatiye gufungwa hafi imyaka 100 yose hamwe iteranyijwe, bakaba barafashwe muri Mata, 2024 bafatiwe muri Istanbul nyuma y’igihe kirekire urwego rw’ubutasi bwa Turikiya bwitwa Turkey National Intelligence Organization (MIT) rubacunga.

Abakatiwe barimo abantu batatu bo mu muryango umwe, n’abandi batatu bo mu yindi miryango bivugwa ko bakoreraga Mossad.

Umwe mu bakatiwe ni uwitwa Ahmet Ersin Tumlucalı usanganywe ikigo cy’ubwishingizi wabanje gukatirwa imyaka 22 n’igice afunzwe, akaba yarahamijwe kuba ari we wahurizaga hamwe ibikorwa byabo bantu barimo umugore we n’umwishywa we.

Icyakora The Jerusalem Post ivuga ko uyu mugabo yaje kugabanyirizwa igihano bikozwe n’Urukiko rw’urugereko rwa 23 rwitwa Heavy Penal Court ahabwa igifungo cy’imyaka 18 kubera kwitwara neza.

Umugore we Benan Tumlucalı we yakatiwe imyaka 16 n’amezi umunani mu gihe mwishywa wabo witwa  Dila Sultan Şimşek yakatiwe gufungwa imyaka 15, amezi arindwi n’iminsi 15 afunzwe.

Abandi basigaye ari bo Cem Ozcan, Ozkan Arican na Fuzuli Simsek buri wese yakatiwe imyaka 15, amezi arindwi n’iminsi 15 byose hamwe wabiteranya bigakabakaba imyaka 100.

Urukiko ruvuga ko abo bose bari abantu bakoranaga na Mossad bakayikusanyiriza kandi bakayihera amakuru kuri Turikiya.

Ruvuga ko bose bakoranaga na ruriya rwego binyuze mu ishami ryarwo rishinzwe ubutasi bukorera kuri murandasi bita online operations unit, bakaba bari bashinzwe kurwoherereza amafoto.

Bari bashinzwe kandi guhuza amakuru y’abanyamahanga baba muri Turikiya barahunze ibihugu byabo kubera intambara.

Turikiya yaraperereje iza kumenya ko uriya mugabo witwa Tumlucalı yahuye n’abakozi ba Mossad mu mwala wa 2011 n’uwa 2017 bahurira i Vienna mu Busuwisi n’i Munich mu Budage.

Yongeye kandi guhura n’abakozi bakuru ba Mossad barimo uwitwa Gavin Alfron bahurira mu mujyi wa Frankfurt hari mu mwaka wa  2017 no muwa 2020 ubwo amasezerano y’imikoranire yarangizwaga ku mpande zombi.

Umugabo Tumlucalı  yahamijwe kandi guha Israel amakuru y’ibyaberaga muri  Georgia no mu Budage ndetse na zimwe mu nyandiko z’ibyaberaga muri Lebanon.

Aho hose yacungaga ingendo n’ibikorwa by’abanya Lebanon, abanya Jordania, abanya Syria n’abo muri Azerbaijan.

Urukiko ruvuga ko mu mwaka wa  2014 n’uwa  2019 hari amafaranga yoherejwe kuri konti y’umugore we ndetse ngo hari ubwo yigeze kwishyurwa imbumbe ya €300,000 ni ukuvuga arenga Miliyoni Frw 490.

Hari umunyamakuru wa CNN ishami rya Turikiya wavuze ko kubera ko Mossad idashobora kohereza abakozi bayo ngo bajye gukorera muri Turikiya, ihitamo gushaka abaturage b’iki gihugu ngo bayikorere ibishyure.

Ni muri ubwo buryo abaturage bavugwa aha baje kuvumburwa n’ubutasi bwa Turikiya bubata muri yombi nyuma yo kubona ko bafataga amabanga y’igihugu bakayiha Mossad.

Twababwira ko Israel na Turikiya ari ibihugu wavuga ko bibana bicunganwa ak’injangwe n’imbeba.

Turikiya yita Israel ko ari amashitani mu gihe Israel ishinja Turikiya kuba gashozantambara no gushyigikira abanzi bayo barimo na Syria aho ubutegetsi buriho muri iki gihe bushyigikiwe na Ankara.

TAGGED:IsraelManekoTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za DRC Ziravugwaho Kugurisha Cacao Ya Magendu Muri Uganda
Next Article Kwibuka Ni Intango Y’Ubudaheranwa Bw’Abanyarwanda- Jeannette Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?