Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyaburayi Bakomanyirije Niger
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanyaburayi Bakomanyirije Niger

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2023 2:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi watangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu talki 29, Nyakanga, 2023 uhagaritse ubufatanye bwose mu bya gisirikare wari ufitanye na Niger.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ushinzwe ububanyi n’amahanga w’uyu muryango witwa Josep Borrell.

Borrell yavuze ko Abanyaburayi badashobora kuzongera gukorana na Niamey mu by’umutekano kandi ngo iki gikorwa kigomba guhita gishyirwa mu bikorwa.

Abanyaburayi muri rusange n’Abafaransa by’umwihariko bavuga ko ubutegetsi bwa Niger buriho muri iki gihe bwashyizweho n’Uburusiya binyuze mu mutwe wa Wagner.

Babivuga bashingiye ku magambo aherutse gutangazwa n’umuyobozi wa Wagner abucishije kuri Telegram avuga ko ashyigikiye ihirikwa rya Perezida Bassoum kuko ngo yari agikorera mu kwaha kw’Abakoloni.

Evgueni Prigojine avuga ko ibiherutse kubera muri Niger ari ikimenyetso cy’uko hari henshi muri Afurika badashimishijwe n’uko ibihugu byahoze bibakolinije bikomeje kwivanga mu miyoborere yabyo.

Abanyaburayi bo bavuga ko batazemera ko ubutegetsi bwa Niger y’ubu bwemewe n’amategeko.

Borell avuga ko bagiyeho binyuze mu guhirika ubutegetsi bwashyizweho n’abaturage kandi ngo ibyo ntibiri mu ndangagaciro za Demukarasi.

Ubusanzwe, Ubufaransa nibwo bwakolonije Niger.

Iki gihugu( Niger) kiri mu bya mbere ku isi bifite ahantu henshi hacukurwa ibuye ry’agaciro rya Iranium ryifashishwa mu gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Gifite kandi na zahabu ndetse n’ikinyabutabiri kitwa Nickel kinshi.

Muri iki gihe Niger iyobowe na Gen, Abdourahamane Tiani.

TAGGED:AbarwanyiBorellDemukarasifeaturedNigerUburayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ingaruka Z’Ikirere Kibi Ku Buzima Bw’Abaturage Zigiye Gusuzumwa
Next Article Nyarugenge: Umugore Wishe Umwana Akeza Yakatiwe Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?