Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyaburayi Bakomanyirije Niger
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abanyaburayi Bakomanyirije Niger

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 July 2023 2:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi watangaje ko guhera kuri uyu wa Gatandatu talki 29, Nyakanga, 2023 uhagaritse ubufatanye bwose mu bya gisirikare wari ufitanye na Niger.

Ni icyemezo cyatangajwe n’Ushinzwe ububanyi n’amahanga w’uyu muryango witwa Josep Borrell.

Borrell yavuze ko Abanyaburayi badashobora kuzongera gukorana na Niamey mu by’umutekano kandi ngo iki gikorwa kigomba guhita gishyirwa mu bikorwa.

Abanyaburayi muri rusange n’Abafaransa by’umwihariko bavuga ko ubutegetsi bwa Niger buriho muri iki gihe bwashyizweho n’Uburusiya binyuze mu mutwe wa Wagner.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Babivuga bashingiye ku magambo aherutse gutangazwa n’umuyobozi wa Wagner abucishije kuri Telegram avuga ko ashyigikiye ihirikwa rya Perezida Bassoum kuko ngo yari agikorera mu kwaha kw’Abakoloni.

Evgueni Prigojine avuga ko ibiherutse kubera muri Niger ari ikimenyetso cy’uko hari henshi muri Afurika badashimishijwe n’uko ibihugu byahoze bibakolinije bikomeje kwivanga mu miyoborere yabyo.

Abanyaburayi bo bavuga ko batazemera ko ubutegetsi bwa Niger y’ubu bwemewe n’amategeko.

Borell avuga ko bagiyeho binyuze mu guhirika ubutegetsi bwashyizweho n’abaturage kandi ngo ibyo ntibiri mu ndangagaciro za Demukarasi.

Ubusanzwe, Ubufaransa nibwo bwakolonije Niger.

- Advertisement -

Iki gihugu( Niger) kiri mu bya mbere ku isi bifite ahantu henshi hacukurwa ibuye ry’agaciro rya Iranium ryifashishwa mu gukora ibisasu bya kirimbuzi.

Gifite kandi na zahabu ndetse n’ikinyabutabiri kitwa Nickel kinshi.

Muri iki gihe Niger iyobowe na Gen, Abdourahamane Tiani.

TAGGED:AbarwanyiBorellDemukarasifeaturedNigerUburayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ingaruka Z’Ikirere Kibi Ku Buzima Bw’Abaturage Zigiye Gusuzumwa
Next Article Nyarugenge: Umugore Wishe Umwana Akeza Yakatiwe Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?