Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyafurika Bazanira u Rwanda Amabuye Ngo Ruyabatunganyirize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyafurika Bazanira u Rwanda Amabuye Ngo Ruyabatunganyirize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2024 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa na Dr. Yvan Twagirishema akaba Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Mines, Petelori na Gaz.

Avuga ko kugira ngo u Rwanda rwinjize miliyari $1.1 mu mwaka umwe avuye mu musaruro w’amabuye y’agaciro byatewe n’imbaraga rwashyize mu kongera inganda ziyatunganya ndetse n’abarugana ngo rubatunganyirize amabuye rufitiye inganda zabigenewe.

Yabwiye RBA ati: “  u Rwanda rwashyizeho icyo nakwita umurongo ngenderwaho kugira ngo tureke gukomeza kohereza ibintu hanze bitabanje kongererwa ubwiza n’umusaruro. Ni ibyo twita value addition: kubanza kunyuza ikintu mu ruganda kugira ngo mu kukinyuzamo bikizamurire agaciro gisohoke kishyurwa imisoro ifatika.”

Avuga ko u Rwanda rwohereje umusaruro muke mu buremere ariko ukaba umusaruro ufite agaciro kanini mu madolari($).

Dr.Twagirashema avuga ko u Rwanda rufite uruganda ruyungurura zahabu, urutunganya gasegereti ikavamo icyo bita ‘Tin’ hanyuma rukagira uruganda rufata Coltan rukayivanamo Tantalum na Niobium.

Dr. Yvan Twagirishema: Ifoto@Igihe.com

Ibyo byose ngo byoherezwa hanze y’u Rwanda byatunganyijwe biri ku kigero kiri hajuru ya 95%.

U Rwanda kandi ibyo rukora rubigurisha ku bafite inganda zifata ibyo rwatunganyije rukabibyaza ikindi kintu kizacuruzwa.

Urugero ni uruganda rwo mu Bushinwa rushobora kugura Lithium rukayikoramo bateri za telefoni cyangwa iz’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Amabuye y’u Rwanda agurishwa cyane cyane mu Bubiligi no mu Bushinwa.

Iki gihugu cyorezwamo cyane cyane Lithium na Wolfram.

Ahandi rwohereza amabuye rucukura ni muri Hong Kong, Luxembourg, Malaysia, Ubuholandi, Singapore, zahabu nyinshi ikajya muri Dubai, andi mabuye akajya muri Amerika.

Ikindi u Rwanda rukuramo amafaranga binyuze mu by’amabuye y’agaciro ni uko hari Abanyafurika barugana ngo rubatunganyirize amabuye kuko rufite inganda zo gutunganya amwe n’amwe.

Abo bose barasora hakagira amafaranga ajya mu kigega cya Leta.

Intego yarwo ni ukongera umubare w’amabuye rucukura kandi rukubaka n’inganda ziyatunganya.

Bwa Mbere Amabuye Y’Agaciro Yinjirije u Rwanda Miliyari $1.1

TAGGED:AfurikaAgaciroAmabuyefeaturedZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasuye Polisi Ya Dubai
Next Article Gakenke: Abantu Bane Bari Bagiye Gusenga Bishwe N’Inkuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?