Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyafurika Bazanira u Rwanda Amabuye Ngo Ruyabatunganyirize
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyafurika Bazanira u Rwanda Amabuye Ngo Ruyabatunganyirize

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 February 2024 7:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa na Dr. Yvan Twagirishema akaba Umuyobozi wungirije w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Mines, Petelori na Gaz.

Avuga ko kugira ngo u Rwanda rwinjize miliyari $1.1 mu mwaka umwe avuye mu musaruro w’amabuye y’agaciro byatewe n’imbaraga rwashyize mu kongera inganda ziyatunganya ndetse n’abarugana ngo rubatunganyirize amabuye rufitiye inganda zabigenewe.

Yabwiye RBA ati: “  u Rwanda rwashyizeho icyo nakwita umurongo ngenderwaho kugira ngo tureke gukomeza kohereza ibintu hanze bitabanje kongererwa ubwiza n’umusaruro. Ni ibyo twita value addition: kubanza kunyuza ikintu mu ruganda kugira ngo mu kukinyuzamo bikizamurire agaciro gisohoke kishyurwa imisoro ifatika.”

Avuga ko u Rwanda rwohereje umusaruro muke mu buremere ariko ukaba umusaruro ufite agaciro kanini mu madolari($).

Dr.Twagirashema avuga ko u Rwanda rufite uruganda ruyungurura zahabu, urutunganya gasegereti ikavamo icyo bita ‘Tin’ hanyuma rukagira uruganda rufata Coltan rukayivanamo Tantalum na Niobium.

Dr. Yvan Twagirishema: Ifoto@Igihe.com

Ibyo byose ngo byoherezwa hanze y’u Rwanda byatunganyijwe biri ku kigero kiri hajuru ya 95%.

U Rwanda kandi ibyo rukora rubigurisha ku bafite inganda zifata ibyo rwatunganyije rukabibyaza ikindi kintu kizacuruzwa.

Urugero ni uruganda rwo mu Bushinwa rushobora kugura Lithium rukayikoramo bateri za telefoni cyangwa iz’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Amabuye y’u Rwanda agurishwa cyane cyane mu Bubiligi no mu Bushinwa.

Iki gihugu cyorezwamo cyane cyane Lithium na Wolfram.

Ahandi rwohereza amabuye rucukura ni muri Hong Kong, Luxembourg, Malaysia, Ubuholandi, Singapore, zahabu nyinshi ikajya muri Dubai, andi mabuye akajya muri Amerika.

Ikindi u Rwanda rukuramo amafaranga binyuze mu by’amabuye y’agaciro ni uko hari Abanyafurika barugana ngo rubatunganyirize amabuye kuko rufite inganda zo gutunganya amwe n’amwe.

Abo bose barasora hakagira amafaranga ajya mu kigega cya Leta.

Intego yarwo ni ukongera umubare w’amabuye rucukura kandi rukubaka n’inganda ziyatunganya.

Bwa Mbere Amabuye Y’Agaciro Yinjirije u Rwanda Miliyari $1.1

TAGGED:AfurikaAgaciroAmabuyefeaturedZahabu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yasuye Polisi Ya Dubai
Next Article Gakenke: Abantu Bane Bari Bagiye Gusenga Bishwe N’Inkuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?