Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2025 9:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Urumogi ni ikiyobyabwenge gikomeye kandi kibujijwe n'amategeko y'u Rwanda. Ifoto:RNP
SHARE

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge, Anti-Narcotic Unit, ANU, ryongeye gutangaza ko  mu bihe bitandukanye u rwafashe abantu bafite urumogi rupfunyitse mu dupfunyika 876.

Bafashwe baruzaniye abakiliya babo bo mu Mujyi wa Kigali, bafatirwa mu Mirenge ya Kinyinya na Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Mu bafashwe harimo umugore witwa Anitha ufite imyaka 30, afatanwa n’abagabo batatu ari bo Nyandwi w’imyaka 34, Iradukunda w’imyaka 25 na Muyizere w’imyaka 26.

Abafashwe babwiye Polisi ko mu Karere ka Rulindo ari ho bakuye iyo mari yabo, Polisi ikavuga ko nubwo hari abayita imari mu by’ukuri ari ‘kirimbuzi’ ku buzima bw’abaturage bityo ko abayicuruza bazakabona.

Chief Inspector of Police( CIP) Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko mu gusaka abo bantu, babasanganye Frw 17,500 yari yishyuwe n’abakiliya babo.

Ati: “Bakimara gufatwa batangaje ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rulindo baruzaniye abakiliya babo batuye muri iyi mirenge. Twabasanganye Frw 17,500 bakuye muri ubwo bucuruzi”.

Gahonzire avuga ko kugira ngo bafatwe, byaturutse ku makuru Polisi yakuye mu baturage yavugaga ko hari abantu bashobora kuba bafite ibiyobyabwenge, nibwo Polisi yabikurikiranaga iza kubafata.

Abafashwe bafungiwe kuri station za Polisi ya Gisozi na Kinyinya ngo bakorerwe amadosiye abajyana mu bugenzacyaha kugira ngo bakurikiranweho icyaha cyo gucuruza ibiyobyabwenge.

Polisi ivuga ko  ishimira abaturage bayihaye amakuru urwo rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage.

Nanone uru rwego ruvuga ko abantu bacuruza urumogi bakwiye kubizibukira.

Si abarucuruza gusa ahubwo n’abarunywa, abarwinjiza mu Rwanda n’abandi bafite aho bahuriye n’ibiyobyabwenge, bose Polisi ivuga ko izabafata byatinda byatebuka.

Mu Rwanda urumogi ruri mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye.

Uwo urukiko ruhamije ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya  Frw 20.000.000  ariko zitarenze Frw 30.000.000 .

Ukwezi kwa Kanama, 2025 kuri mu mezi y’uyu mwaka Polisi yafatiyemo urumogi rwinshi kuko hari n’ubwo mu ngunga imwe yafashe abasore babiri batwaye kuri moto ibilo 30 byarwo.

Ikindi cyagaragaye muri icyo gihe ni uko abagore bagera kuri bane bafashwe mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano zitemewe mu Rwanda.

Polisi ivuga ko ahanini urumogi rwinjizwa mu Rwanda ruvanywe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo rugaca i Rubavu rugana ahandi hasigaye.

Muri Rusizi ho hakunze kugaragara magendu mu gihe muri Burera haca kanyanga.

TAGGED:AbaturageGahonzireKigaliPolisiRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe
Next Article Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?