Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamerika Batuye Mu Rwanda Baraburirwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyamerika Batuye Mu Rwanda Baraburirwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2024 3:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasade y’Amerika mu Rwanda yasohoye itangazo riburira abaturage b’iki gihugu kugira amakenga kubera ifungwa ry’umupaka w’Uburundi n’u Rwanda ryaraye rikozwe n’ubutegetsi bw’Uburundi.

Iri tangazo ryanditswe ku mabwiriza ya Ambasaderi w’Amerika mu Rwanda Bwana Eric Kneedler  riragira riti: “Umuburo ku Banyamerika kubera ifungwa ry’umupaka w’Uburundi n’u Rwanda.

Ambasade y’Amerika mu Rwanda yamenye ko umupaka w’u Rwanda n’Uburundi wafunzwe. Nta makuru dufite y’igihe iri fungwa rizamara. Niyo mpamvu tubagira inama yo gukurikiranira hafi itangazamakuru ryo mu Rwanda kugira ngo mumenye byinshi kuri iki kibazo n’ibishya bishobora guhinduka.”

Ambasaderi Eric Kneedler

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Kane taliki 11, Mutarama, 2024 nibwo Guverinoma y’Uburundi yatangaje ko ifunze imipaka yose yo ku butaka iki gihugu gisangiye n’u Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu abanyamakuru bazindukiye ku mupaka wa Nemba( niwo ukoreshwa cyane ujya cyangwa uva mu Burundi) basanga nta muntu n’umwe wemerewe kwinjira mu Burundi avuye mu Rwanda niyo yaba ari umunyamahanga.

Amakamyo y’ibicuruzwa yasabwe gusubira inyuma akajya guca ku Rusumo muri Kirehe akinjira mu Burundi anyuze muri Tanzania.

Border Alert for U.S. Citizens: Rwanda/Burundi Border Closed

U.S. Embassy Kigali has learned that the border between Rwanda and Burundi is closed. We have no information regarding the length of the closure. Please monitor local media for further details and updates pic.twitter.com/uiLgIDirS0

— Ambassador Eric Kneedler (@USAmbRwanda) January 12, 2024

TAGGED:AbaturageAmbasadeAmerikaBurundifeaturedRwandaUmuburo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yisobanuye Ku Kirego Cy’Uko Iri Gukora Jenoside Muri Gaza
Next Article FERWACY Yasinye Amasezerano N’Ibigo Bizayifasha Gutegura Irushanwa Ry’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?