Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyamisiri Bishimiye Ibyakorewe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyamisiri Bishimiye Ibyakorewe Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 November 2023 1:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

U Rwanda ruri kwifatanya n’ibindi bihugu by’Afurika mu imurikagurisha mpuzamahanga riri kubera mu Murwa mukuru wa Misiri witwa Cairo.

Rwamuritse kandi rugurisha ibyo rwahanze birimo imyambaro, ibiribwa bipfunyitse mu buryo bubungabunga ibidukikije n’ibindi bifite ikirango ‘Made in Rwanda’.

Ibyo kandi bikubiyemo ibikoresho abantu bakoresha mu ngo, ibyo bapfunyikamo cyangwa batwaramo ibintu bagiye ku rugendo, imitako, imirimbo n’ibindi.

Umwe mu Banyamisiri basuye aho u Rwanda rumurikira ibyo rwahanze witwa Ahmed Tarek yabwiye Taarifa ko yatangajwe kandi ashimishwa no gukomera ndetse n’ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda.

Ati: “ Nashimishijwe cyane n’ubwiza no gukomera kw’ibikorerwa mu Rwanda by’amoko atandukanye. Ni ibintu bituma igihugu cyanyu kiba mu bya mbere muri Afurika bikora ibikoresho bizima.”

Undi mushoramari wo muri Afurika y’Epfo witabiriye ririya murikagurisha witwa Jennifer Gugulethu ashima ko  abashoramari b’Abanyarwanda bakora neza, bagakora ibintu byiza.

Umwe mu Banyarwandakazi bagiye  mu Misiri kuhamurikira ibyo bakora, akaba asanzwe akora mu kigo gikora imideli kitwa Daco Mode avuga ko uretse kugurisha bimwe mu byo yajyanyeyo, yahaboneye n’abafatanyabikorwa.

Annet Benegusenga uyobora ishami rishinzwe imikorere y’ibyiciro bitandukanye mu ishoramari mu Rugaga rw’abikorera rwo mu Rwanda avuga ko kuba u Rwanda rwitwara neza mu mikorere y’isoko ry’ibihugu by’Afurika, biruha amahirwe yo kwakirwa neza aho ari ho hose rumuritse ibyo rukora.

Kuri iki Cyumweru taliki 12, Ugushyingo, 2023 nibwo Perezida wa Banki Nyafurika yateguye ririya murikagurisha, Afreximbank, yatangaje gahunda ikomatanyije igamije kuzamura abacuruzi b’u Rwanda n’ahandi muri Afurika yiswe ‘African Collaborative Transit Guarantee Scheme’.

Perezida w’iyo Banki yitwa Benedict Oramah.

Avuga ko iki gikorwa ari ingirakamaro mu kuzamura ubucuruzi bwambukiranya imipaka hagamijwe kuzamura ubuhahirane.

Yizera ko nibukora neza, buzaba intandaro y’iterambere rishingiye ku bucuruzi, iterambere ibihugu byinshi by’Afurika bizungukiramo.

TAGGED:AbikoreraAfurikaImideliImurikagurishaIsokoMade in RwandaMisiri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufatanye Bw’u Rwanda Na Qatar Bwageze Mu Ikoranabuhanga Mu Itumanaho
Next Article Abatuye Goma Basabwe Kuba Maso Kubera Ikirunga Cya Nyamuragira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?