Abanyapolitiki, Abahanzi…Bavuze Ibigwi Rayon

Umwanditsi wa Taarifa
2 Min Read
Uko Stade Amahoro yasaga mu mukino wa Rayon na Gor Mahia. Ifoto@ UMUSEKE.RW

Gutwara CECAFA Kagame Cup 2026 nyuma y’imyaka 28 itabikora byatumye Rayon Sport ivugwa ibigwi n’abayifana barimo n’abanyapolitiki.

Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, umuhanzi Bruce Melodie, Ambasaderi Diane Gashumba w’u Rwanda mu bihugu bya Scandinavia, Ambasaderi Prof Shyaka Anastase wari umaze igihe ahagarariye u  Rwanda muri Pologne na Amb Jean Pierre Karabaranga uruhagarariye muri Sénégal nibo bahise babigaragaza ku mbuga nkoranyambaga.

Rayon Sports yatwaye iki gikombe itsinze ikipe yo muri Kenya yitwa Gor Mahia ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino waraye ubereye kuri Stade Amahoro warebwe kandi na Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva wari uhagarariye Perezida Paul Kagame ari nawe utera inkunga iri rushanwa.

Ku mbuga nkoranyambaga niho abo bayobozi n’ibyamamare bacishije ubutumwa bwo kurata ibigwi Rayon Sports yaraye yongeye kubaka izina imaze gutwara iki gikombe imbere y’abafana 45,000 bari buzuye Stade Amahoro.

Bruce Melodie yanditse ati: “Mwakoze cyane Rayon Sports. CECAFA Kagame Cup 2026 igumye mu rugo. Mbega urugendo, mbega ibihe byiza!”

Ambasaderi Diane Gashumba usanzwe uri mu bakunda Rayon Sports bakanabigaragaza yanditse ati: “  Oooh Rayoooo! Nuko nuko Gikundiro! Nuko Saro ry’ u Rwanda! Muratunejeje! Ishema ku gihugu cyacu! Mbega kuba kure yanyu! Mu Majyaruguru y’Uburayi twari twafashe iry’iburyo none musohoje ubutumwa.”

Dr. Sabin Nsanzimana nawe ati: “Mwakoze neza Rayon Sports. Mwakoze cyane, mwahesheje ishema u Rwanda, Gikundiro.”

Ambasaderi Prof Shyaka Anastase nawe yashimiye ati: “Nuko Nuko Gikundiro. Intsinzi yawe iryoheje Umuganura. Komeza imihigo!”

Jean Pierre Karabaranga uhagarariye u Rwanda muri Sénégal, Mali, Gambia, Guinea-Bissau na Cabo Verde akaba yarigeze no kuruhagararira mu Buholandi nawe yanditse ati: “Nuko Nuko Rayon!”

Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup 2026 yaherukaga mu mwaka wa 1998.

Igitego cy’intsinzi kinjiye mu gace ka mbere k’iminota 30 y’inyongera, ku ishoti Daniel Muhoza w’imyaka 19 yateye ari mu rubuga rw’amahina agitsinda atyo.

Igitego cya mbere cya Rayon cyari cyatsinzwe na Junior Kameni naho icya Gor Mahia kimwe kikaba cyatsinzwe na Shariff Musa ku munota wa 53.

Uretse igikombe, Rayon Sports yatahanye $30,000

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *