Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 11 Bapfuye Mu Minsi 15 Bazize Ibiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda 11 Bapfuye Mu Minsi 15 Bazize Ibiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2023 1:14 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko mu minsi 15 ishize, imvura nyinshi n’ibindi biyikomokaho byahitanye Abanyarwanda 11.

Mu bantu 11 batangazwa ko bahitanywe na biriya biza, barindwi bazize inkuba.

Hejuru y’aba bantu bazize imvura, inkuba n’ibindi, hiyongeraho abantu 48 bakomerekejwe n’ingaruka z’ibi.

Uretse kandi  abo bantu barindwi (7) bishwe n’inkuba,  abandi batatu(3) bapfuye batembanywe n’umuvu, undi umwe yicwa n’inkongi y’umuriro.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu bantu 48 bakomerekeye muri iri biriya bibazo,   abenshi ni abakomerekejwe n’inkuba kuko ari 35, mu gihe abandi icumi (10) bakomeretse bitewe n’amahindu, abandi babiri bagakomereka kubera umuvu w’amazi y’imvura babatembaye bakagwira amabuye.

Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi itangaza ko muri iyi minsi 15 y’ukwezi kwa Werurwe, 2023 hangiritse inzu 335 zirimo izangijwe n’inkangu, imyuzure, izangijwe n’inkongi y’umuriro ndetse n’izangijwe n’amahindu.

Mu bindi byangijwe n’ibiza nk’uko iriya Minisiteri ibitangaza, harimo ibyumba by’amashuri 19, amateme umunani (8) ndetse amatungo 20 yahaguye.

Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagihe kimaze iminsi gitangaza ko muri ibi bihe hateganyijwe imvura nyinshi ivanzemo n’umuyaga n’inkuba.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi isaba abantu kuzirika ibisenge by’inzu kugira ngo zidatwarwa n’umuyaga mwinshi kandi bakirinda kugama munsi y’igiti mu gihe imvura iri kugwa ari nyinshi.

- Advertisement -
TAGGED:featuredIbizaImvuraInkubaMinisiteriUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Imbasa Yongeye Kuba Umutwaro Ku Gihugu
Next Article Ni Iyihe Nyungu U Rwanda Rufite Mu Kwakira Abimukira Bava Mu Bwongereza?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Burundi: Umudepite Yakubiswe

Menya Aho Amerika Igeze Umushinga Wo Guhuza u Rwanda Na DRC

Chris Brown Afungiye Gukubita Umuntu Icupa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Uganda: Undi Murinzi Wa Bobi Wine Yashimuswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Gutega Amatwi Inyoni Ziririmba Bimara Ishavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

RIB Iraburira Abajya Gusenga Bakibwa Telefone

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Urumogi Rugeze Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?