Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyarwanda 51 Bahungishijwe Muri Ukraine, 15 Babuze Uko Basohoka

Last updated: 01 March 2022 2:40 pm
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko mu banyarwanda 86 babaga muri Ukraine, 51 bamaze guhungishwa ariko hari abandi 15 bari mu duce turimo kuberamo imirwano, badafite uko bahava.

Ni igikorwa kirimo kuba mu gihe u Burusiya bukomeje kongera umurego mu bitero kuri Ukraine, byatangiye mu minsi itandatu ishize.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda, yabwiye RBA ko Guverinoma irimo gukora ibishoboka byose ngo ifashe bariya baturage bayo.

Yagize “Nta munyarwanda bari batubwira ko yakomeretse cyangwa se waba witabye Imana. Uyu munsi rero kano kanya turimo kuvugana tumaze kumenya ko 51 muri bo bamaze kwambuka, ni ukuvuga ngo ntabwo bakiri ku butaka bwa Ukraine, 50 bari muri Pologne, undi umwe ari muri Hungary.”

Yanavuze ko ambasade y’u Rwanda muri Pologne yohereje abakozi babiri ku mupaka, ku buryo Abanyarwanda bahagera bagasanga hari umuntu ubakira.

Mu mikoranire n’ibindi bihugu bya Afurika kandi ngo aho umunyarwanda atungukiye bwa mbere baramufasha, ambasade zigahanahana amakuru.

Mukurarinda yakomeje ati “Hari rero abandi icyenda bategereje kwambuka ubu turimo tuvugana. Kubera umubare w’abantu benshi, hari n’uburyo Ukraine yashyizeho, bariyeri ya mbere iri mu bilometero 40, 50 uvuye ku mupaka, ni ukuvuga ngo baragera ahongaho akenshi banakahasiga imodoka kubera umubare w’abantu bakagenda, urumva ni umunsi wose umuntu agenda hafi umunsi n’ijoro.”

“Abo icyenda bategereje kwambuka, hari abandi 11 bari mu nzira bagana ku mupaka. Abo bose barimo baravugana na ambasade cyangwa se n’ababyeyi hano amakuru barayazi, ndetse na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, hakaba rero hari n’abandi 15 bari muri Ukraine ahabera imirwano, badashobora kugira aho bajya.”

Magingo aya ingabo z’u Burusiya zirimo kurwana cyane mu mujyi wa Kharkiv wa kabiri munini mu gihugu hamwe n’umurwa mukuru Kyiv.

Hari ubwoba ko itambara ishobora kuba mbi kurushaho, nyuma y’uko Perezida Vladmir Putin yasabye igisirikare gutegura intwaro z’ubumara, nubwo hakiri ugushidikanya niba koko ashobora kuzikoresha.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, kuri uyu wa Kabiri yatangaje ko hari intwaro nyinshi z’ubumara z’Abanyamerika ziri mu Burayi, basaba ko zisubizwa iwabo aho kurushaho gukomeza ibibazo.

TAGGED:Alain MukurarindafeaturedIntambaraU BurusiyaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Belarus Nayo Yateye Ukraine
Next Article Uwatozaga Ikipe Y’Igihugu Ya Cameron Yasimbujwe Rigobert Song
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?