Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Baba Canada N’Amerika Baraganira Uko Bateza Imbere Urwababyaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Baba Canada N’Amerika Baraganira Uko Bateza Imbere Urwababyaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2023 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Ottawa-Gatineau harahurira urubyiruko rw’Abanyarwanda 2000 baganire aho igihugu cyabo kigeze mu iterambere kandi barebere hamwe uko bacyunganira muri uwo mujyo.

Ni ihuriro bise 2023 Rwanda Youth Convention rihuza urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba muri Canada no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Itangazo rya Ambasade y’u Rwanda muri Canada rivuga ko guhuza uru rubyiruko ari uburyo bwo kuruha amahirwe yo kumenyena no kungurana ibitekerezo hagamijwe kureba uko rwafatanya mu kubaka u Rwanda.

Indi mpamvu ni uko iyo abantu baba mu mahanga kandi bakomoka hamwe, baba bagomba kuganira kugira ngo imizi kamere ibahuza itazaranduka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga rufite ihuriro rwise International Rwanda Youth for Development (IRYD) ariko rukorana n’andi mahuriro mato arimo  irihuza ababa muri Canada n’Amerika.

Bose intego yabo ni ukwibutsa urubyiruko rw’Abanyarwanda baba hanze yarwo ko iwabo bakeneye amaboko n’ubumenyi byabo kugira ngo bakomeze iterambere.

Uhagarariye u Rwanda muri Canada witwa Prosper Higiro avuga ko we n’abo bakorana bishimiye kwifatanya n’urubyiruko nyarwanda ruri bwitabire ririya huriro ritangira kuri uyu wa 25 rikazarangira kuri uyu wa 26, Ukwakira, 2023.

Abihuriyeho n’Uhagarariye u Rwanda muri Amerika witwa Prof Mathilde Mukantabana.

Prof Mathilde Mukantabana.

Avuga ko guhura kwa ruriya rubyiruko kugaragaza ubushake bwarwo mu guhuriza hamwe imbaraga z’ibitekerezo n’ibikorwa hagamijwe kuzamura igihugu cyababyaye.

- Advertisement -

Kuri we, iki ni ikintu cy’agaciro kanini kandi cyerekana ko urubyiruko  rw’u Rwanda rugera ikirenge mu cya Perezida Kagame udahwema gushakira u Rwanda ibyiza kurusha ibindi.

Prosper Higiro

Umwe mu bazitabira iri huriro ni Miss Rwanda 2015 Doriane Kundwa.

Kundwa yabwiye The New Times ko yishimiye kuzahura na bagenzi be bakaganira uko barushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo ndetse n’uburyo bakora ngo urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba muri Amerika ya Ruguru rukomeze kunga ubumwe.

TAGGED:AbanyarwandaAmerikaCanadaIhuriroKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yerekanye Intwaro Zikomeye Ivuga Ko Yambuye Ingabo Zidasanzwe Za DRC
Next Article Iyo Ushoye Mu Bantu Wungukira Hose- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?