Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Baba Canada N’Amerika Baraganira Uko Bateza Imbere Urwababyaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Baba Canada N’Amerika Baraganira Uko Bateza Imbere Urwababyaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2023 10:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mujyi wa Ottawa-Gatineau harahurira urubyiruko rw’Abanyarwanda 2000 baganire aho igihugu cyabo kigeze mu iterambere kandi barebere hamwe uko bacyunganira muri uwo mujyo.

Ni ihuriro bise 2023 Rwanda Youth Convention rihuza urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba muri Canada no muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Itangazo rya Ambasade y’u Rwanda muri Canada rivuga ko guhuza uru rubyiruko ari uburyo bwo kuruha amahirwe yo kumenyena no kungurana ibitekerezo hagamijwe kureba uko rwafatanya mu kubaka u Rwanda.

Indi mpamvu ni uko iyo abantu baba mu mahanga kandi bakomoka hamwe, baba bagomba kuganira kugira ngo imizi kamere ibahuza itazaranduka.

Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga rufite ihuriro rwise International Rwanda Youth for Development (IRYD) ariko rukorana n’andi mahuriro mato arimo  irihuza ababa muri Canada n’Amerika.

Bose intego yabo ni ukwibutsa urubyiruko rw’Abanyarwanda baba hanze yarwo ko iwabo bakeneye amaboko n’ubumenyi byabo kugira ngo bakomeze iterambere.

Uhagarariye u Rwanda muri Canada witwa Prosper Higiro avuga ko we n’abo bakorana bishimiye kwifatanya n’urubyiruko nyarwanda ruri bwitabire ririya huriro ritangira kuri uyu wa 25 rikazarangira kuri uyu wa 26, Ukwakira, 2023.

Abihuriyeho n’Uhagarariye u Rwanda muri Amerika witwa Prof Mathilde Mukantabana.

Prof Mathilde Mukantabana.

Avuga ko guhura kwa ruriya rubyiruko kugaragaza ubushake bwarwo mu guhuriza hamwe imbaraga z’ibitekerezo n’ibikorwa hagamijwe kuzamura igihugu cyababyaye.

Kuri we, iki ni ikintu cy’agaciro kanini kandi cyerekana ko urubyiruko  rw’u Rwanda rugera ikirenge mu cya Perezida Kagame udahwema gushakira u Rwanda ibyiza kurusha ibindi.

Prosper Higiro

Umwe mu bazitabira iri huriro ni Miss Rwanda 2015 Doriane Kundwa.

Kundwa yabwiye The New Times ko yishimiye kuzahura na bagenzi be bakaganira uko barushaho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo ndetse n’uburyo bakora ngo urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba muri Amerika ya Ruguru rukomeze kunga ubumwe.

TAGGED:AbanyarwandaAmerikaCanadaIhuriroKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Yerekanye Intwaro Zikomeye Ivuga Ko Yambuye Ingabo Zidasanzwe Za DRC
Next Article Iyo Ushoye Mu Bantu Wungukira Hose- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?