Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Baba I Paris Biteguye Kwakira Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Baba I Paris Biteguye Kwakira Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 9:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Murwa mukuru w’u Bufaransa, Paris, watangaje ko witeguye kwakira Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa mu nama ivuga ku iterambere rya Sudani n’iry’Afurika muri rusange.

Itangazo bacishije kuri Twitter rivuga ko bazamwakirira ahitwaPlace de la Bataille-de-Stalingrad kuri uyu wa Kabiri tariki 18, Gicurasi, 2021.

Ubutumwa bwabo bugira buti: “ Muze muri benshi twereke Umukuru w’igihugu cyacu ko dushima uko yateje imbere Abanyarwanda, ubu bakaba bafite ishema mu ruhando rw’amahanga.”

Perezida Paul Kagame yaraye ageze i Paris mu Bufaransa, aho azitabira inama mpuzamahanga kuri Sudan n’indi izibanda ku gushyigikira ubukungu bwa Afurika muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Inama yo kuri uyu wa Mbere izitabirwa n’abakuru b’ibihugu byinshi hagamijwe gushaka uburyo bwo gushyigikira guverinoma ya Sudan iyobowe na Minisitiri w’Intebe Abdalla Hamdok guhera mu 2019, ubwo Perezida Omar al-Bashir yari amaze guhirikwa.

Hamdok yabwiye AFP ko iyi nama ishobora kubafasha kuba bahagarikiwe ideni rya miliyari $60 muri uyu mwaka, ndetse abashoramari bakabasha kubona amahirwe bashoramo imari muri Sudan.

Iyo nama izakurikirwa n’indi izaba ku wa Kabiri yiga ku bukungu bw’ibihugu bya Afurika, harebwa uko bwabasha kurenga ingaruka za COVID-19.

Ni inama izaba ireba uburyo bwo kuziba icyuho kigera kuri miliyari $290 kizaba kimaze guterwa n’ingaruka za COVID-19 mu bikorwa bigamije iterambere muri Afurika, kugeza mu 2023.

Nyuma yayo nibwo biteganyijwe ko Perezida Kagame azahura n’Abanyarwanda baba i Paris.

TAGGED:AbanyarwandaBufaransafeaturedImariInamaKagameParisSudaniUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kugira Ubwenegihugu Bubiri: Ikibazo Kuri ‘Ejo Hazaza Ha Congo-Kinshasa’
Next Article Abagore 50 Bafatiwe Muri ‘Bridal Shower’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?