Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Baba Muri Sudani Basabwe Kwigengesera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Baba Muri Sudani Basabwe Kwigengesera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2023 12:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uhagarariye inyungu z’u Rwanda muri Sudani witwa Abdel Buhungu  avuga ko ibintu muri Sudani bikomeye bityo ko Abanyarwanda bahaba bagomba kwirinda gucaracara hanze ahubwo bakaguma mu ngo zabo.

Buhungu avuga ko n’ubwo impande zari zihanganye zatangaje ko zibaye zihagaritse imirwano mu gihe cy’amasaha 24 ntawabyizera.

Ndetse ngo ahantu hanini haracyari imirwano k’uburyo ako gahenge kataratangira kubahirizwa.

Yavuze ko Abanyarwanda babayeho nk’abandi baturage bose ba Sudani.

Abel Buhungu yabwiye RBA ko ahantu imirwano iri guca ibintu ari muri Khartoum ariko ngo n’ahandi si shyashya.

Mu rwego rwo kwirinda ko hari Umunyarwanda wahura n’ibibazo, Abel Buhungu avuga ko bagiranye inama  y’uko buri wese aguma mu rugo, akirinda kujya hanze kuko ashobora kuhasiga ubuzima.

Ati: “ Dufite urubuga duhuriraho tukaganira na Communauté  nyarwanda iri hano, ugize ikibazo arakitubwira tugashakisha uburyo twamugira inama ariko mu magambo make bari mu ngo ntawe usohoka.”

Hashize iminsi ine mu murwa mukuru wa Sudani witwa Khartoum hatangiye imirwano hagati y’ingabo zitwa ko ari iz’abaturage n’abarwanyi bitwara gisikare bagize ikitwa Rapid Support Forces.

Intandaro y’ibi byose ni ikibazo cyakomeje kuburirwa umuti urambye cyerekeranye n’uburyo abasirikare bari k’ubutegetsi bagomba kubuha abasivili.

Abaturage bavuga ko amasezerano abasirikare bari k’ubutegetsi bari barabahaye avuga igihe giteganyijwe ngo babasubize ubutegetsi, atigeze ashyirwa mu bikorwa.

Bashinja abasirikare kubarerega, igihe kigakomeza kwicuma.

Ibi ariko byaje kongererwa ubukana nuko abasirikare bakuru babiri bayoboraga inzubacyuho baje kutumvikana ku murongo wagenderwaho abaturage bagasubizwa ubutegetsi.

Gen  Abdel Fattah al-Burhan avuga ko byakorwa mu myaka ibiri iri imbere, undi bahanganye witwa Gen Mohamed Hamdan Dagalo agasanga bitashoboka kubera ko abasirikare be batakaza imbaraga.

We avuga ko byakorwa mu myaka icumi.

Amahanga akomeje gukomakoma ngo impande zombi zisubize inkota mu rwubati ariko ntibirakunda.

TAGGED:AbajeneraliAbanyarwandafeaturedIntambaraSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umurava, Isuku…Inama Abapolisi B’u Rwanda Bagirwa N’Umuyobozi Wabo
Next Article Rwanda: Umusoro Ku Nyongeragaciro Kuri Kawunga No Ku Muceri Wavanyweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Uganda: Umwe Mu Bakire Bakomeye Yiciwe Mu Biro Bye

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?