Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bamurikiye Abo Muri Repubulika Ya Demukarasi Ya Congo Ibyo Bakora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Abanyarwanda Bamurikiye Abo Muri Repubulika Ya Demukarasi Ya Congo Ibyo Bakora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 December 2021 2:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Gatanu Tariki 10, Ukuboza, 2021, Abanyarwanda bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga ryabereye i Kinshasa hitwa Safari Culture  bamurikira abantu iby’i Rwanda harimo n’ikivuguto.

U Rwanda rwari rufite ahantu habiri rumurikira ibyo gukora, hamwe hari ibyerekana umuco wacubo n’ubukorikori bw’Abanyarwanda b’ubu n’abo hambere, ahandi hakaba hari aho kwerekana ibyo Abanyarwanda bakunda guteka.

Abantu bagannye aho u Rwanda rwamurikiye ibyo rukora bose ngo bishimiye ibyo babonye, ntawigeze arunenga icyo ari cyo cyose.

Josephine Fifi Rurangwa wo muri Diaspora nyarwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo yabwiye Taarifa ko abaje kureba ibyo u Rwanda rwamuritse babyishimiye.

Josephine Fifi Rurangwa

Ati: “ Abantu bari bafite amatsiko yo kureba ibyo dukora kandi ntawigeze agira icyo atunenga. Batubazaga ibijyanye n’imyambarire ya Kinyarwanda gusa nyine ntitwigeze tubona uburyo bwo guhamiriza no gushayaya ngo babirebe ariko muri rusange barishimye.”

Avuga ko ibyo bimwe mu bitangazamakuru bijya bivuga by’uko u Rwanda rutabanye mu buryo bififitse na Repubulika ya Demukarasi ya Congo, n’ibindi bihugu mu by’ukuri ari ukubeshya.

Fifi Rurangwa avuga ko abantu baje kureba aho u Rwanda rumurikira ibyo rukora bishimiye ibyo kurya bitetswe Kinyarwanda.

Kimwe mu byo avuga abanyamahanga bishimiye ni Ikivuguto.

Ikindi ngo ni uko mu gihe kiri imbere bateganya kuzakoresha irindi murikagurisha ryisumbuyeho bateganya kuzerekaniramo ibintu bitandukanye byerekana umwihariko w’Abanyarwanda baba mu Rwanda na bagenzi babo bavukiye bagakurira mu mahanga.

Ambasaderi Karega ageza ijambo ku bari muri iriya murikagurisha

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo Bwana Vincent Karega yanditse kuri Twitter ko ririya murikagurisha ryabaye ingenzi mu kwereka amahanga bimwe mu biranga umuco w’Abanyarwanda kandi biba irindi rembo ryo kwagura umubano w’u Rwanda na DRC.

Heureux de représenter hier le Rwanda🇷🇼au Festival : Safari Culture.
La diaspora rwandaise de Kinshasa était ravie d' exposer l' art culinaire, les oeuvres d' art aux côtés de mon exposé sur : Culture & Développement au Musée National 🇨🇩. pic.twitter.com/9oNek6OrVE

— Vincent Karega (@vincentkarega1) December 11, 2021

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa Bwemeye Kwerekana Inyandiko Z’Ubwicanyi Bwakoreye Muri Algeria
Next Article Amerika Yahaye u Rwanda Inkingo 336,000 Za Johnson & Johnson
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?