Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Bazajya Bishyura Parikingi Bakoresheje Airtel Money
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Abanyarwanda Bazajya Bishyura Parikingi Bakoresheje Airtel Money

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2022 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Airtel Rwanda yatangije ubufatanye n’ikigo cy’inkeragutabara kitwa MISIC kugira ngo abafite ibinyabiziga bajye bishyura Parikingi bakoresheje Airtel Money.

Willy Rukundo ushinzwe kuvugira Ikigo  Millennium Savings & Investment Cooperative (MISIC), yabwiye itangazamakuru ko imikoranire hagati ya Airtel Money bayitereje mu rwego rwo gufasha u Rwanda mu bukungu budakorakora amafaranga( cashless economy) ndetse no gufasha abantu kudatinda bategereje kuvunjisha cyangwa kugarurirwa.

Mbere ikigo MISIC kitwaga KVCS . Mu mwaka wa 2018 nibwo cyahinduye izina.

Imwe mu mpamvu zatumye gishingwa ni ukugira ngo abahoze ari abasirikare bazabone aho bakomereza gukora akazi, aho kugira ngo bandagare kandi barakoreye u Rwanda mu buto bwabo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Cyashinzwe bwa mbere mu mwaka wa 2004

Ku byerekeye imikoranire na Airtel Money, Willy Rukundo avuga ko bizeye ko imikoranire izaba mwiza kuko bizatuma ubukungu bukomeza kuzamuka mu rwego rw’igihugu kandi abaturage bafite ibinyabiziga ntibakererezwe n’abishyuza.

Willy Rukundo

Avuga kandi ko mu rwego umuntu azaba afite uburenganzira bwo kubona amafaranga yose agomba kwishyura bityo agahitamo kwishyura ako kanya cyangwa kuzishyura ikindi gihe.

Umuyobozi wa Airtel Money Bwana Jean Claude Gaga nawe avuga ko gukoresha Airtel Money ari uburyo  bwatanze umusaruro muri gahunda iki kigo cyakoze mbere harimo no gukorana n’abamotari.

Yabwiye Taarifa ko imibare bafite yerekana ko imikoranire n’abamotari mu kwishyura yatumye Airtel Money yunguka kandi bifasha n’abamotari kudakerereza abagenzi.

- Advertisement -

Avuga ko ikigo ayoboye kitwa Airtel Mobile Commerce Rwanda Ltd gihagaze neza mu mibare y’iterambere ryacyo.

Jean Claude Gaga

Agaruka ku mikoranire hagati y’ikigo ayoboye na MISIC, Gaga yagize ati: “ Twishimiye gukorana na MISIC kugira ngo abakiliya bayo bazashobore kwishimira kwishyura bakoresheje ikoranabuhanga rya My Airtel App cyangwa bakoresheje uburyo basanzwe bita USSD bwo gukanda akanyenyeri.”

 Mu minsi ishize kandi, hari indi gahunda Airtel Money yatangije yo guha abakiliya bayo uburyo bwo guhererekanya amafaranga  bakoresheje undi murongo uwo ari wo wose w’itumanaho.

Ubu buryo babwita ‘Interoperability.’

MISIC ni ikigo kiyoborwa na (Rtd) Captaine Emmanuel Nsanzumuhire.

Ni umushinga MISIC izafatanyamo na Airtel Money

 

TAGGED:AirtelAmafarangafeaturedRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Côte D’Ivoire, Bénin…Bari Kwiga Uko U Rwanda Rwubahiriza Uburenganzira Bwa Muntu
Next Article Minisitiri W’Intebe Dr Ngirente Yahwituye Abarimu Abibutsa Imyitwarire Iboneye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?