Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwanda Ntibarumva Neza Politiki Yo Gukumira Ibiza- Impuguke
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwanda Ntibarumva Neza Politiki Yo Gukumira Ibiza- Impuguke

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 May 2023 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanga bavuga ko kugira ngo politiki yo gukumira no kurwanya ibiza izatange umusaruro mu buryo burambye, ari ngombwa ko Politiki yo kurengera ibidukikije ndetse n’iyo gukumira ibiza zisobanurirwa abaturage bakazumva, bakagira uruhare mu ishyirwa mu bikorwa ryazo.

Bamwe muri izi mpuguke babwiye RBA ko kuba gutuza neza abaturage n’ibindi bikorwa binyuranye mu gukumira ibiza ari bimwe muri byinshi biri muri Politike y’ Igihugu yo gukumira no guhangana n’ ibiza, yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri mu cyumweru gishize, bikwiye kwigishwa abaturage.

Bizwi ko iyo umuntu yasobanuriwe neza akamaro k’ibintu runaka bimukorerwa, abigiramo uruhare kandi intego yabyo ikagerwaho mu buryo burambye.

Impuguke mu kurengera ibidukikije zivuga ko kugira ngo Politike y’igihugu yo gukumira no guhangana n’ibiza igere ku ntego zayo, igomba kubanza gusobanurirwa abo ireba kandi abo ‘ni abaturage mbere na mbere’.

Akamaro ko gusobanurira abaturage politiki yo gukumira no kurwanya ibiza kari mu buryo bwinshi.

Iyo bamaze kuyumva, ntibatinda kumva n’akamaro ko kwimuka ahashyira ubuzima bwabo mu kaga kandi bakabishishikariza n’abandi.

Indi nyungu ni uko ‘batitwaramo Leta umwikomo’ ngo ibavanye kuri gakondo cyangwa ngo yirirwa ibasiragiza.

Mu mwaka wa 2018, nabwo hari imvura nyinshi yibasiye ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali.

Ubuyobozi bwawo bwimuye abaturage bari batuye mu bice biri mu bishanga byo muri Kigali, bashakirwa aho batuzwa mu nkengero zawo, ahadashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Nyuma y’imyaka hafi itanu ibyo bibaye, abo baturage barashima Leta ko yabarokoreye ubuzima, bakaba babayeho neza batikanga ko imvura iri bubacunshumukane mu gishanga bo n’ababo.

Umunyabanga uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi Habinshuti Philippe avuga ko politiki yo gukumira no kurwanya ibiza igamije kugaragaza ibikenewe, uko byakorwa n’uruhare rwa buri wese.

Habinshuti Philippe

Umuyobozi w’Ihuriro Nyarwanda ry’Imiryango itari iya Leta iharanira kurengera ibidukikije witwa Vuningoma Faustin yabwiye RBA ko n’ubwo politiki yo gukumira no guhangana n’ibiza ari nziza ariko ikwiye kujyanirana n’ubukangurambaga bugamije gutuma buri wese yumva inshingano ze mu kuyishyira mu bikorwa.

Perezida Kagame asa n’uwakomoje kuri iyi ngingo ubwo yasuraga abatuye Rubavu mu mpera z’Icyumweru gishize.

Icyo gihe yabwiye  Abanyarwanda ko nibafatanya bazatsinda ibiza nk’uko n’ibindi bibazo by’igihugu cyabo bafatanyije bakabitsinda.

Yabijeje ko Leta yabo izakomeza kubaba hafi kandi abashegeshwe n’ibiza bakazashumbushwa.

Ibiza byabaye mu Ntara y’Uburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’igice gito cy’iy’Amajyepfo byahitanye abantu 135.

Byasenye inzu 5,963, bisaga 20,326 badafite ahabo ho gukinga umusaya.

Guverinoma y’u Rwanda yahise itabara itanga ibiribwa bibarirwa muri toni 420 byo kugoboka abaturage ngo babe babonye icyo bashyira mu nda.

TAGGED:AbaturagefeaturedGuverinomaIbizaImpugukeKagameMinisiteriRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jeannette Kagame Yashimye Umutima W’Urukundo Uranga Ababyeyi B’Abagore
Next Article Ubushinwa Bwahanishije Umunyamerika W’Imyaka 78 Gufungwa Burundu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?