Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Bagiye Gushyiraho Ihuriro Ryo Kuganiriramo Politiki Ziteza Imbere Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bagiye Gushyiraho Ihuriro Ryo Kuganiriramo Politiki Ziteza Imbere Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2022 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera mu ntangiriro z’Icyumweru gitaha ni ukuvuga taliki 19, Mata, 2022  hazateranira Inama yaguye y’abagore bakora mu nzego zitandukanye zifatirwamo ibyemezo. Muri iriya nama hazatangizwa Ihuriro ryiswe Rwanda Women Community Development Network rizaba rigamije kureba uko Politiki zo guteza imbere umugore zikorwa  n’uko zishyirwa mu bikorwa.

Muri riya nama hazashyiraho icyo bita FemDialogue. Izitabirwa n’abantu 50.

Bazarebera hamwe kandi ingorane bahura nazo zikabakumira ntibahabwe umwanya mu nzego zitafa ibyemezo, birimo n’ibibagiraho ingaruka.

Abazitabira iriya Nama batangiza n’umushinga wiswe The Strengthened Women Network for Greater Impact, uyu ukaba usanzwe ukorera mu bihugu bitandatu by’Afurika.

Ibyo bihugu ni   Kenya, Mali, Tunisia,  DRC, Ethiopia n’ibirwa bya Maurices. U Rwanda ruzaba rubaye urwa karindwi.

Abagore bazitabira iriya nama izabera mu Bugesera  bazanasuzuma ibibangamira umugore mu buzima bwe bwa buri munsi birimo imigenzo ishingiye ku muco n’ibindi.

Imwe mu ntego yayo izaba ari ukwibutsa abantu ko abagore bagombye gukomeza guhabwa umwanya mu nzego zose z’ubuzima bw’ibihugu byabo kuko iyo bigenze gutyo bifasha mu kuzamuka kw’amajyambere.

Imibare itangwa n’inzego bireba ivuga ko 75% by’abagize Inteko zishinga amategeko ku isi ari abagabo.

73% by’abayobora ibigo bya Leta cyangwa iby’abigenga ni abagabo mu gihe kandi abagabo bangana na 70% muri iki gihe ari bo bari mu biganiro bigamije gukumira ko ikirere gikomeza kwandura.

Abangana n’aba kandi nibo baba bahagarariye ibihugu mu biganiro bigamije kuzaana amahoro aho yabuze ku isi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, iki gihugu cyerekanye ko giha agaciro abagore k’uburyo kiri mu bifite abagore benshi mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu.

Mu mwaka wa 2019 mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda abagore banganaga na 61% mu gihe muri Guverinoma bangana na 47.6%.

Uko bimeze kose ariko, haracyari icyuho abagore bataraziba.

Icyo cyuho kigaragara mu nzego zifatirwamo ibyemezo ndetse no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu.

Ihuriro nyarwanda ry’abagore( Rwanda Women’s Network) mu nyandiko igenewe abanyamakuru, rivuga ko imwe mu ntego z’Inama izaterana mu Cyumweru gitaha ari ukungurana ibitekerezo by’uburyo abagore bakomeza gutezwa imbere mu nzego zose.

Biri kandi mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu ntego ya 10 mu zigize iterambere rirambye zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye zitwa SDGs.

TAGGED:AbagoreBugeserafeaturedInteko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwirara Kw’Inzego Z’Iperereza Za Israel Byayikururiye Ibyago
Next Article CP Kabera Yakiriye Abapolisi 80 Buvuye Kusa Ikivi Muri Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?