Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Bagiye Gushyiraho Ihuriro Ryo Kuganiriramo Politiki Ziteza Imbere Umugore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Bagiye Gushyiraho Ihuriro Ryo Kuganiriramo Politiki Ziteza Imbere Umugore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 April 2022 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Bugesera mu ntangiriro z’Icyumweru gitaha ni ukuvuga taliki 19, Mata, 2022  hazateranira Inama yaguye y’abagore bakora mu nzego zitandukanye zifatirwamo ibyemezo. Muri iriya nama hazatangizwa Ihuriro ryiswe Rwanda Women Community Development Network rizaba rigamije kureba uko Politiki zo guteza imbere umugore zikorwa  n’uko zishyirwa mu bikorwa.

Muri riya nama hazashyiraho icyo bita FemDialogue. Izitabirwa n’abantu 50.

Bazarebera hamwe kandi ingorane bahura nazo zikabakumira ntibahabwe umwanya mu nzego zitafa ibyemezo, birimo n’ibibagiraho ingaruka.

Abazitabira iriya Nama batangiza n’umushinga wiswe The Strengthened Women Network for Greater Impact, uyu ukaba usanzwe ukorera mu bihugu bitandatu by’Afurika.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibyo bihugu ni   Kenya, Mali, Tunisia,  DRC, Ethiopia n’ibirwa bya Maurices. U Rwanda ruzaba rubaye urwa karindwi.

Abagore bazitabira iriya nama izabera mu Bugesera  bazanasuzuma ibibangamira umugore mu buzima bwe bwa buri munsi birimo imigenzo ishingiye ku muco n’ibindi.

Imwe mu ntego yayo izaba ari ukwibutsa abantu ko abagore bagombye gukomeza guhabwa umwanya mu nzego zose z’ubuzima bw’ibihugu byabo kuko iyo bigenze gutyo bifasha mu kuzamuka kw’amajyambere.

Imibare itangwa n’inzego bireba ivuga ko 75% by’abagize Inteko zishinga amategeko ku isi ari abagabo.

73% by’abayobora ibigo bya Leta cyangwa iby’abigenga ni abagabo mu gihe kandi abagabo bangana na 70% muri iki gihe ari bo bari mu biganiro bigamije gukumira ko ikirere gikomeza kwandura.

- Advertisement -

Abangana n’aba kandi nibo baba bahagarariye ibihugu mu biganiro bigamije kuzaana amahoro aho yabuze ku isi.

Ku ruhande rw’u Rwanda, iki gihugu cyerekanye ko giha agaciro abagore k’uburyo kiri mu bifite abagore benshi mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu.

Mu mwaka wa 2019 mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda abagore banganaga na 61% mu gihe muri Guverinoma bangana na 47.6%.

Uko bimeze kose ariko, haracyari icyuho abagore bataraziba.

Icyo cyuho kigaragara mu nzego zifatirwamo ibyemezo ndetse no mu zindi nzego z’ubuzima bw’igihugu.

Ihuriro nyarwanda ry’abagore( Rwanda Women’s Network) mu nyandiko igenewe abanyamakuru, rivuga ko imwe mu ntego z’Inama izaterana mu Cyumweru gitaha ari ukungurana ibitekerezo by’uburyo abagore bakomeza gutezwa imbere mu nzego zose.

Biri kandi mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibikubiye mu ntego ya 10 mu zigize iterambere rirambye zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye zitwa SDGs.

TAGGED:AbagoreBugeserafeaturedInteko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kwirara Kw’Inzego Z’Iperereza Za Israel Byayikururiye Ibyago
Next Article CP Kabera Yakiriye Abapolisi 80 Buvuye Kusa Ikivi Muri Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?