Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanyarwandakazi Baremeye Imfubyi Zo Muri Sudani Y’Epfo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanyarwandakazi Baremeye Imfubyi Zo Muri Sudani Y’Epfo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 October 2022 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abapolisikazi bo mu Rwanda boherejwe muri Sudani y’Epfo kuhabungabunga amahoro bakusanyije ubushobozi bwabo batera inkunga ikigo cy’imfubyi zo muri kiriya gihugu kitaragira amahoro arambye kuva cyabona ubwigenge.

Iki gihugu cyabonye ubwigenga taliki 09, Nyakanga, 2011.

Kuva icyo gihe kugeza n’ubu amahoro n’umutekano biracyagerwa ku mashyi.

Abanyarwandakazi b’abapolisi boherejwe yo kuhabungabunga amahoro baherutse kuremera ikigo cy’imfubyi zo muri kiriya gihugu kugira ngo zibone ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’isuku byiyongera ku byo basanganywe.

Ni inyunganizi yatanzwe n’Abanyarwandakazi.

Ikigo bariya bana babamo kitwa St. Clare House for Children.

Abana 95 nibo bakirererwamo bakaba bafite hagati y’imyaka 3 n’imyaka 16 y’amavuko.

Umuyobozi wa bariya bapolisikazi  witwa  Senior Superintendent of Police (SSP) Marie Grace Uwimana  avuga ko ibyo bakoze bisanzwe biri mu nshingano zabo.

Hejuru y’ibi byose ariko SSP Uwimana avuga ko umubyeyi wese aba agomba kwiyumvisha agahinda ko kuba abana baba mu kigo cy’imfubyi.

Ati: “ Nk’ababyeyi kandi b’abapolisi twaje gusanga bikwiye ko dufasha abana kugira ngo bakomeze kugira ubuzima bwiza. Erega baciye mu bintu bibabaje bakiri bato! Kubafasha ni ubumuntu kandi bibaha icyizere cy’ejo hazaza.”

Umuyobozi w’iki kigo witwa Betty Thomas Lolo avuga ko ibyo abapolisikazi b’u Rwanda bakoze bigaragaza ubumuntu kandi bikorwa na bake.

Yavuze ko  mu kigo ayoboye bari bakeneye inzitiramubu kuko malaria ari indwara ihitana abana bityo ko inziramubu zifasha mu kuyikumira.

Ikindi kandi ngo abana bari bakeneye ibindi biribwa kubera ko ngo baryaga ibishyimbo gusa guhera ku wa Mbere kugeza ku Cyumweru.

The female-dominated Rwanda Formed Police Unit Three (RWAFPU-3) serving under the UN Mission in South Sudan (UNMISS) reached out to orphans in the capital Juba with foodstuff and other essential items. https://t.co/PwXD1suPQ5 pic.twitter.com/QiSqGmqdPu

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 27, 2022

TAGGED:AbanyarwandakazifeaturedImfubyiPolisiRwandaSudani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Wa Centrafrique Yagarutse Mu Rwanda
Next Article Rwanda: Yanenze Ko Inzego Zikemura Ibibazo By’Abanyamahanga Kurusha Iby’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?