Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abanye-Congo Bane Bafashwe Binjiza Mu Rwanda Caguwa Ya Magendu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abanye-Congo Bane Bafashwe Binjiza Mu Rwanda Caguwa Ya Magendu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 April 2021 7:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku wa Kabiri yataye muri yombi abantu bane bari bafite  amabaro 15 y’ imyenda ya caguwa n’imashini imwe idoda imyenda, byari byinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu.

Bafatiwe mu Karere ka Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita, barimo kubyambutsa banyuze mu Kiyaga cya Kivu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Boneventure Twizere Karekezi yavuze ko abo bantu bakomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bafatiwe mu kiyaga cya Kivu, bagiye kugera hafi y’icyambu ngo binjize mu Rwanda ibyo bicuruzwa.

Yagize ati “Ubusanzwe ibicuruzwa bya magendu bizanwa n’abanye-Congo babitumwe n’abanyarwanda, babizana  nijoro bagahurira mu Kivu. Aba bafashwe na Polisi n’izindi nzego zishinzwe umutekano, bafashwe mu  rukerera bagiye ku byambukana ngo babishyire abanyarwanda babibatumye.”

CIP Karekezi avuga ko abo bagabo bamaze gufatwa bavuze ko imyenda ya caguwa amabaro 15 n’imashini idoda bari babishyiriye umugabo utuye mu Murenge wa Mubuga, Akarere ka Karongi.

Bavuze kandi ko uyu mugabo ngo afite abandi babiri bacuruzanya imyenda ya caguwa,  bombi hakaba hashize ibyumweru bitatu bafatanywe imyenda ya caguwa ya magendu.

CIP Karekezi yabwiye abaturage bakijandika mu bucuruzi bwa magendu ko bakwiye kubucikaho bagakora ubucuruzi bwemewe, kuko uburyo babikoramo bwose amaherezo bazafatwa bakabihanirwa.

Yabibukije ko buriya bucuruzi bashobora kububuriramo ubuzima kuko benshi usanga babukora bitwikiriye ijoro, cyangwa bakanyura mu nzira za rwihishwa.

Yasabye abaturage kujya batanga amakuru y’abakora ubucuruzi bwa magendu kuko banyereza imisoro n’amahoro kandi aribyo bivamo ibyubakaIgihugu.

Abo uko ari bane bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), naho imyenda ishyikirizwa ishami rya Polisi rikorera i Karongi rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro.

Itegeko ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda, ingingo yaryo ya 199 ivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Iyo hari imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara, ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana na $5000.

TAGGED:CaguwafeaturedMagenduPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingabo Za Kenya Zitegerejwe Muri RDC
Next Article Ingabo Z’U Rwanda Zarokoye Abakozi Ba UN
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?