Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi 656 Binjijwe Mu Rwego Rwa Ba Ofisiye Bato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi 656 Binjijwe Mu Rwego Rwa Ba Ofisiye Bato

admin
Last updated: 27 October 2021 1:48 pm
admin
Share
SHARE

Abapolisi 656 basoje amasomo binjijwe mu rwego rwa ba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, bahabwa ipeti rya Assistant Inspector of Police mu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Abo bapolisi 656 barimo abagore 80, bari bamaze igihe mu masomo mu Ishuri rya Polisi rya Gishari mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishari, CP Robert Niyonshuti, yavuze ko aba bapolisi bahawe amahugurwa ahagije azatuma basohoza inshingano zabo.

Ati “Icyiciro cya mbere kiba kirimo inyigisho zibakomeza, zibigisha gukomera mu buryo bw’umubiri, kiba kirimo n’inyigisho zibigisha kurasa n’ubundi bumenyi bwa gisirikare, ku buryo bubafasha nk’igihe bisanze bari ku rugamba, igihe bisanze ahantu runaka, bagomba kurinda igihugu, bakabikora kandi neza.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati “Icyiciro cya kabiri kiba kigizwe n’inyigisho za gipolisi no kuyobora, kubera ko ba ofisiye bato ni bo bayobozi b’urwego rw’ibanze ku rwego rwa ofisiye. Tubigisha rero amasomo agendanye no kuyobora, ubumenyi bwa gipolisi, kuyobora sitasiyo ya polisi, kuyobora abapolisi, tukanagira n’umwanya wo kubaganiriza kuri gahunda zitandukanye za Leta.”

Mu basoje amasomo harimo abari basanzwe ari abasivili bagera ku 186 barangije nibura icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Abasoje amasomo banagize uruhare mu gukurikirana ko amabwiriza yo kurwanya COVID-19 yubahirizwa, aho bamaze ibyumweru umunani.

 

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente agenzura abapolisi basoje amasomo
Aba bapolisi barimo abakobwa 80
Imiryango y’abasoje amasomo yitabiriye uyu munsi mukuru
Hafashwe ifoto y’urwibutso nyuma y’uyu muhango

 

- Advertisement -

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

TAGGED:Edouard NgirentefeaturedGishariPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka y’Abadipolomate Yafatiwe Mu Rwanda Ipakiye Ibilo 45 By’Amahembe y’Inzovu
Next Article Minisitiri W’Ubucuruzi Mu Bufaransa Yavuze Umugambi Bufitiye U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?