Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi 656 Binjijwe Mu Rwego Rwa Ba Ofisiye Bato
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi 656 Binjijwe Mu Rwego Rwa Ba Ofisiye Bato

admin
Last updated: 27 October 2021 1:48 pm
admin
Share
SHARE

Abapolisi 656 basoje amasomo binjijwe mu rwego rwa ba Ofisiye bato muri Polisi y’u Rwanda, bahabwa ipeti rya Assistant Inspector of Police mu muhango wayobowe na Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ahagarariye Perezida Paul Kagame.

Abo bapolisi 656 barimo abagore 80, bari bamaze igihe mu masomo mu Ishuri rya Polisi rya Gishari mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishari, CP Robert Niyonshuti, yavuze ko aba bapolisi bahawe amahugurwa ahagije azatuma basohoza inshingano zabo.

Ati “Icyiciro cya mbere kiba kirimo inyigisho zibakomeza, zibigisha gukomera mu buryo bw’umubiri, kiba kirimo n’inyigisho zibigisha kurasa n’ubundi bumenyi bwa gisirikare, ku buryo bubafasha nk’igihe bisanze bari ku rugamba, igihe bisanze ahantu runaka, bagomba kurinda igihugu, bakabikora kandi neza.” Yari kuri televiziyo y’igihugu.

Yakomeje ati “Icyiciro cya kabiri kiba kigizwe n’inyigisho za gipolisi no kuyobora, kubera ko ba ofisiye bato ni bo bayobozi b’urwego rw’ibanze ku rwego rwa ofisiye. Tubigisha rero amasomo agendanye no kuyobora, ubumenyi bwa gipolisi, kuyobora sitasiyo ya polisi, kuyobora abapolisi, tukanagira n’umwanya wo kubaganiriza kuri gahunda zitandukanye za Leta.”

Mu basoje amasomo harimo abari basanzwe ari abasivili bagera ku 186 barangije nibura icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Abasoje amasomo banagize uruhare mu gukurikirana ko amabwiriza yo kurwanya COVID-19 yubahirizwa, aho bamaze ibyumweru umunani.

 

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente agenzura abapolisi basoje amasomo
Aba bapolisi barimo abakobwa 80
Imiryango y’abasoje amasomo yitabiriye uyu munsi mukuru
Hafashwe ifoto y’urwibutso nyuma y’uyu muhango

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

TAGGED:Edouard NgirentefeaturedGishariPolisi y'u Rwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka y’Abadipolomate Yafatiwe Mu Rwanda Ipakiye Ibilo 45 By’Amahembe y’Inzovu
Next Article Minisitiri W’Ubucuruzi Mu Bufaransa Yavuze Umugambi Bufitiye U Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?