Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abapolisi Barimo ACP Kulamba Basezerewe, CSP Camille Zuba Asezererwa Muri RCS
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abapolisi Barimo ACP Kulamba Basezerewe, CSP Camille Zuba Asezererwa Muri RCS

Last updated: 04 August 2021 10:48 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko abapolisi n’abacungagereza bakuru, barimo ACP Kulamba Anthony wabaye umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, komiseri ushinzwe Interpol n’ubutwererane ndetse yayoboye ishami ryari rishinzwe ubugenzacyaha, ryamenyekanye nka CID.

Kuri uyu wa 4 Kanama nibwo hasohotse igazeti ya Leta idasanzwe, irimo Iteka rya Perezida n°083/01 ryo ku wa 03/08/2021 rishyira mu kiruhuko cy’izabukuru abakomiseri na ba ofisiye ba Polisi y’u Rwanda.

Ni urutonde ruriho abapolisi 122 bafite hagati y’amapeti ya ACP na IP.

Ruyobowe na ACP Kulamba Anthony, asigaye ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubugenzuzi bw’ubwikorezi mu Rwego Ngenzuramikorere, RURA.

Abandi ni ACP Seminega Jean Baptiste wahoze ari umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi n’ubutabazi, ACP Rugwizangoga Reverien wahoze ayobora Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru na ACP Sebakondo Murenzi wari umuyobozi wungirije mu ishami rya Polisi rishinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage.

Muri iri teka hanagaragaramo Iteka rya Perezida rishyira mu kiruhuko cy’izabukuru abofisiye batandatu b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS).

Ni urutonde rurangajwe imbere na CSP Camille Zuba wahoze ayobora Gereza ya Mageragere, umaze igihe mu nkiko ashinjwa ibyaha byo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha. Yaje kugirwa umwere kuri ibyo byaha.

Kuri urwo rutonde hariho kandi CSP Mubihame Alphonse, SP Kajabo Semariza Denis, CIP Nizeyimana Bernard, CIP Harorimana Evariste na AIP Bigezi Jean Baptiste.

Mur RCS kandi CIP Ndayambaje Jackson yirukanywe burundu mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa.

Muri iyo gazeti harimo n’Iteka rya Minisitiri rishyira mu kiruhuko cy’izabukuru ba su-ofisiye 80 ba Polisi y’u Rwanda n’irisubiza mu buzima busanzwe ba su-ofisiye n’abapolisi bato 4 ba Polisi y’u Rwanda.

Harimo kandi ba su-ofisiye n’abapolisi bato 19 basezerewe muri Polisi y’u Rwanda kubera impamvu z’uburwayi. Muri icyo cyiciro hiyongeraho ofisiye umwe.

Itegeko riteganya ko muri Polisi y’u Rwanda, imyaka yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru ari imyaka 60 kuri Komiseri, 55 kuri Ofisiye Mukuru, 50 kuri Ofisiye muto, 45 kuri Su- ofisiye na 40 ku mupolisi muto cyangwa Police Constable.

Naho gusubizwa mu buzima busanzwe bishobora gukorwa mu gihe umupolisi abisabye akabyemererwa cyangwa bikozwe n’ubuyobozi bufite ububasha bwo gutanga akazi.

Mu rwego rw’Imfungwa n’Abagororwa hasezerewe hari kandi abasuzofisiye 151 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru na 12 basubijwe mu buzima busanzwe.

Muri urwo rwego harimo abasuzofisiye n’abawada 29 birukanywe burundu.

ACP Seminega yari ashinzwe ibijyanye no kuzimya inkongi
CSP (aha yari akiri SSP) Camille Zuba yayoboye gereza zitandukanye, iheruka ni iya Mageragere

 

TAGGED:featuredIzabukuruPaul KagamePolisi y'u RwandaRCSUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusirikare Wa Mbere Wa Botswana Yaguye Muri Mozambique
Next Article Ingabo Z’U Rwanda Zabohoye ‘Bidasubirwaho’ Agace Ka Awasse Muri Cabo Delgado
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?