Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwara Igicuri Barasaba Minisanté Ubufasha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abarwara Igicuri Barasaba Minisanté Ubufasha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize ishyirahamwe ry’Abanyarwanda barwara igicuri ryitwa Rwanda Association for Epilepsy basaba Minisiteri y’ubuzima kubafasha ngo babone uruhushya rwo muri RGB rutuma bakora bisanzuye bityo babarure bagenzi babo hirya no hino mu gihugu.

Bavuga ko kuba batazi umubare wabo bose bituma batabona uko bakora ubuvugizi kugira ngo barindwe ihezwa bakorerwa kandi bashishikarize bagenzi babo kwivuza hakiri kare.

Gervais Iraguha uyobora iri Huriro avuga ko imibare y’abarwara igicuri mu Rwanda yerekana ko mu mwaka wa 2014 bari abantu 40,000 ariko ngo ubu bamaze kurusha ubwinshi abanduye virusi itera SIDA.

Mu nama we na bagenzi be bakoze kuri uyu wa Kabiri barebeye hamwe uko gahunda bihaye mu mwaka wa 2024 zazashyirwa mu bikorwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iraguha avuga ko bamaze gutangiza ishyirahamwe ryabo mu Turere 14 ariko bakaba bifuza no kuzagera mudusigaye.

Asaba Minisanté gukora ubukangurambaga bugamije gusaba abantu kudakorera ivangura n’akato abarwara igicuri.

Gervais Iraguha ati: “ Mu bibazo duhura nabyo harimo akato kuko abantu bataratwakira, usanga bavuga ko iyo umuntu yituye hasi yanduza abandi.”

Yasabye bagenzi be bazi ko barwaye igicuri kwirinda kujya batwara ibinyabiziga kuko byabashyira mu kaga ndetse n’ubuzima bw’abandi bikaba uko.

Abajijwe niba nta bakoresha bajya birukana abakozi barwara igicuri, Iraguha Gervais yasobanuye ko ibyo bibaho iyo uwo mukozi atari yarabibwiye umukoresha we.

- Advertisement -

Ati: “ Ndasaba abantu kujya babwira abakoresha babo.”

Uyu mugabo avuga ko iyi ndwara hari ubwo ishobora kwandura igihe umubyeyi yabyaye umwana, uwo mwana akaba yakomereka mu mutwe, cyangwa igaterwa na mugiga.

Indi mpamvu ishobora gutera igicuri ni igihe umuntu yakoze impanuka, akaba yakomereka ubwonko.

Intara y’Amajyaruguru ngo niyo ifite abarwayi b’iyi ndwara kurusha ahandi mu Rwanda.

Julien Niyingabira uvugira Minisiteri y’ubuzima yabwiye Taarifa ko bafasha abarwayi kubona imiti n’ubundi buvuzi ariko ko kubafasha mu kubona ubuzima gatozi ari ingingo itari mu nshingano za Minisanté.

Ati: “ Twe icyo gukora ni ukubavura kuko hari imiti ibifasha. Ntekereza ko ibyo kubafasha kubona ubuzima gatozi hari inzego zibishinzwe zabafasha.”

Julien Niyingabira

Niyingabira yasabye Abanyarwanda muri rusange kureka guha akato abarwara igicuri n’abandi bafite uburwayi kuko akato katagira ibyo gakemura ahubwo gatuma ubufasha umuntu yari akeneye atabubona.

Abo mu ishyirahamwe ry’abarwara igicuri mu Rwanda bavuga ko iyo umuntu abonye imiti akayinywa neza aba afite amahirwe yo kumara igihe kirekire nta kibazo agize.

Bavuga kandi ko bakeneye inkunga zitandukanye kugira ngo bakore imishinga yatuma biteza imbere ntibagire uwo babera umutwaro.

Bafite itsinda nk’iri muri Rutsiro rigizwe n’abize kudoda imyenda.

TAGGED:AbarwayifeaturedIgicuriMINISANTE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyuma Bizanwa Mu Rwanda Ngo Binagurwe Hari Ubwo Bizamo ‘Ibisasu’
Next Article Ingabire Victoire Yasubiye Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?