Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abarwara Igicuri Barasaba Minisanté Ubufasha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abarwara Igicuri Barasaba Minisanté Ubufasha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 February 2024 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagize ishyirahamwe ry’Abanyarwanda barwara igicuri ryitwa Rwanda Association for Epilepsy basaba Minisiteri y’ubuzima kubafasha ngo babone uruhushya rwo muri RGB rutuma bakora bisanzuye bityo babarure bagenzi babo hirya no hino mu gihugu.

Bavuga ko kuba batazi umubare wabo bose bituma batabona uko bakora ubuvugizi kugira ngo barindwe ihezwa bakorerwa kandi bashishikarize bagenzi babo kwivuza hakiri kare.

Gervais Iraguha uyobora iri Huriro avuga ko imibare y’abarwara igicuri mu Rwanda yerekana ko mu mwaka wa 2014 bari abantu 40,000 ariko ngo ubu bamaze kurusha ubwinshi abanduye virusi itera SIDA.

Mu nama we na bagenzi be bakoze kuri uyu wa Kabiri barebeye hamwe uko gahunda bihaye mu mwaka wa 2024 zazashyirwa mu bikorwa.

Iraguha avuga ko bamaze gutangiza ishyirahamwe ryabo mu Turere 14 ariko bakaba bifuza no kuzagera mudusigaye.

Asaba Minisanté gukora ubukangurambaga bugamije gusaba abantu kudakorera ivangura n’akato abarwara igicuri.

Gervais Iraguha ati: “ Mu bibazo duhura nabyo harimo akato kuko abantu bataratwakira, usanga bavuga ko iyo umuntu yituye hasi yanduza abandi.”

Yasabye bagenzi be bazi ko barwaye igicuri kwirinda kujya batwara ibinyabiziga kuko byabashyira mu kaga ndetse n’ubuzima bw’abandi bikaba uko.

Abajijwe niba nta bakoresha bajya birukana abakozi barwara igicuri, Iraguha Gervais yasobanuye ko ibyo bibaho iyo uwo mukozi atari yarabibwiye umukoresha we.

Ati: “ Ndasaba abantu kujya babwira abakoresha babo.”

Uyu mugabo avuga ko iyi ndwara hari ubwo ishobora kwandura igihe umubyeyi yabyaye umwana, uwo mwana akaba yakomereka mu mutwe, cyangwa igaterwa na mugiga.

Indi mpamvu ishobora gutera igicuri ni igihe umuntu yakoze impanuka, akaba yakomereka ubwonko.

Intara y’Amajyaruguru ngo niyo ifite abarwayi b’iyi ndwara kurusha ahandi mu Rwanda.

Julien Niyingabira uvugira Minisiteri y’ubuzima yabwiye Taarifa ko bafasha abarwayi kubona imiti n’ubundi buvuzi ariko ko kubafasha mu kubona ubuzima gatozi ari ingingo itari mu nshingano za Minisanté.

Ati: “ Twe icyo gukora ni ukubavura kuko hari imiti ibifasha. Ntekereza ko ibyo kubafasha kubona ubuzima gatozi hari inzego zibishinzwe zabafasha.”

Julien Niyingabira

Niyingabira yasabye Abanyarwanda muri rusange kureka guha akato abarwara igicuri n’abandi bafite uburwayi kuko akato katagira ibyo gakemura ahubwo gatuma ubufasha umuntu yari akeneye atabubona.

Abo mu ishyirahamwe ry’abarwara igicuri mu Rwanda bavuga ko iyo umuntu abonye imiti akayinywa neza aba afite amahirwe yo kumara igihe kirekire nta kibazo agize.

Bavuga kandi ko bakeneye inkunga zitandukanye kugira ngo bakore imishinga yatuma biteza imbere ntibagire uwo babera umutwaro.

Bafite itsinda nk’iri muri Rutsiro rigizwe n’abize kudoda imyenda.

TAGGED:AbarwayifeaturedIgicuriMINISANTE
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyuma Bizanwa Mu Rwanda Ngo Binagurwe Hari Ubwo Bizamo ‘Ibisasu’
Next Article Ingabire Victoire Yasubiye Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?