Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashaka Kuducamo Ibice No Kudutesha Umurongo Bazakomeza Kunanirwa – Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Abashaka Kuducamo Ibice No Kudutesha Umurongo Bazakomeza Kunanirwa – Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 April 2021 4:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta gihe u Rwanda rwaranzwe n’ubumwe no kureba imbere nk’ubu, ku buryo abantu bagamije gucamo ibice Abanyarwanda no kubatesha umurongo bazakomeza kunanirwa.

Ni ubutumwa yatanze nyuma yo gucana urumuri rw’icyizere, nk’intangiriro y’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi. Yavuze ko nubwo uyu muhango ubaye bwa kenshi, abanyarwanda batawufata nk’ibisanzwe kubera ko buri gihe ubibutsa byinshi bikomeye.

Ati “Kugeza uyu munsi turacyabona imibiri y’abajugunywe mu byobo hirya no hino mu gihugu. Abakoze aya mahano baracyidegembya hirya no hino ku isi, ariko ntabwo twakwemera ko uburemere bw’ayo mateka buduherana.”

“Ikindi kandi ni inshuro ya kabiri Kwibuka bibaye muri iki gihe cy’icyorezo cya COVID-19. Kuba tudashoora guteranira hamwe nk’uko bisanzwe birongerera agahinda abarokotse Jenoside kandi ukwihangana kwabo no kudacika intege ari byo biduha imbaraga zo gukomeza kwiyubaka no kubaka igihugu.”

Yavuze ko kongera kwiyubaka kw’abanyarwanda babikesha abanyarwanda benshi bashatse kubaka u Rwanda rwiza rubabereye, bakanga kuba ibikoresho by’abayobozi babi.

Ati “Kubera izi mpamvu, no mu bihe by’ibibazo bikomeye, n’abifuzaga kubarangaza no kubatesha igihe, abanyarwanda barushijeho gukomeza kunga ubumwe. Nta kindi gihe u Rwanda rwaranzwe n’ubumwe no kureba imbere nk’ubu. Aha ndavuga cyane cyane urubyiruko ari narwo rugize umubare munini w’abaturage b’igihugu cyacu. Iyi ni nayo mpamvu abashaka kuducamo ibice no kudutesha umurongo bananiwe kandi bazakomeza kunanirwa.”

Perezida Kagame yagaragaje ko hari n’ibibazo abanyarwanda bagihanganye nabyo, birimo abantu bakomeje gupfobya Jenoside n’ibihugu bitayiha agaciro ikwiye ku buryo bicumbikiye abayigizemo uruhare.

Yasabye abanyarwanda bose kutarebera abashaka guhindura abateka banyuzemo.

Ati “Ni ukuri kuzatahinduka. Ariko rero biba abahakana amateka, ibyabaye, bitabatera isoni, njyewe, wowe, twagirira iki ubwoba bwo guhangana nabo?

TAGGED:featuredKwibuka 27Paul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibaruwa Abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi Baba Mu Bufaransa Bandikiye Macron
Next Article Kagame Yanenze Ibihugu Bicumbikiye Abakoze Jenoside n’Abakora Iterabwoba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?