Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinwa Barashaka Kwihaza Mu By’Ikoranabuhanga BYOSE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abashinwa Barashaka Kwihaza Mu By’Ikoranabuhanga BYOSE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 February 2023 10:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Flag of China on a processor, CPU Central processing Unit or GPU microchip on a motherboard. China is world's largest chip manufacturer, demonstrating the country's superiority in global supply chain.
SHARE

Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping yabwiye itsinda ry’inararibonye mu ishyaka riyoboye u Bushinwa ko iki gihugu kigomba gushyiraho uburyo buhamye bwo kwihaza mu ikoranabuhanga ry’ubwoko bwose.

Kimwe mu bintu bivugwa ko bituma u Bushinwa buhora inyuma y’Amerika mu bukungu ni uko akenshi ikoranabuhanga Abashinwa bakora baba barirahuye ku Banyamerika.

Ibi ariko ngo ntibitangaje kubera ko 60% by’ikoranabuhanga ryose riri ku isi rikorerwa muri Amerika abandi bakaryigana.

Iki nicyo u Bushinwa bushaka guca!

Perezida Xi yavuze ko bibabaje kuba igihugu cye kikirambirije ku ikoranabuhanga Amerika ikora, akavuga ko bidakwiye ko hari ibikoresho batumiza muri Silicon Valley.

Abantu 24 bagize itsinda ry’inararibonye mu ishyaka riyobora u Bushinwa babwiwe ko igihe kigeze ngo u Bushinwa burekere aho kurambiriza ku ikoranabuhanga ry’ahandi, bityo ko za Kaminuza zigomba guhabwa ibyo zikeneye byose kugira ngo ziteze imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga kandi mu ngeri zose.

Amerika n’inshuti zayo barusha u Bushinwa iterambere mu ikoranabuhanga ry’ibanze rikoreshwa mu gukora telefoni, mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga rihambaye.

Abahanga mu ikoranabuhanga bavuga ko igihugu cya mbere gifite murandasi yihuta ari Koreya y’epfo, hanyuma igifite inganda zikora robots zihambaye  kikaba u Buyapani.

Ikindi ni uko u Buyapani n’u Buholandi biherutse gusinyana amasezerano yo gukomanyiriza u Bushinwa ngo ntibabuhe ibikoresho by’ibanze inganda zikenera mu gukora mudasobwa na telefoni zigezweho.

Ni icyemezo bivugwa ko cyafashwe kubera igitutu cy’i Washington.

Ikinyamakuru cya Leta y’u Bushinwa kitwa Xinhua( bivuga u Bushinwa Bushya Kinyarwanda) kivuga ko mu mwaka wa 2021 ari bwo ubutegetsi bw’i Beijing bwatangije umugambi urambye w’uko mu mwaka wa 2035 u Bushinwa buzaba ari igihugu cya mbere ku isi mu ikoranabuhanga.

Uretse guteza imbere imyigire igamije ikaranabuhanga rihanitse mu nganda, u Bushinwa burashaka no kubaka igisirikare kihagazeho mu ikoranabuhanga kurusha Amerika cyangwa abandi abo ari bo bose.

TAGGED:AmerikaBushinwaIkoranabuhangaIngaboPerezidaXi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba W’Ingabo Za DRC Ati: ‘ Intambara N’u Rwanda Tuzayitsinda’
Next Article Kirehe: Bamenye Uburyo Bwiza Bwo Guhinga Urutoki
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?