Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abashinzwe Kurwanya Ibyaha By’Ikoranabuhanga Bateraniye I Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abashinzwe Kurwanya Ibyaha By’Ikoranabuhanga Bateraniye I Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 July 2022 9:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Rwanda hateraniye Inama mpuzamahanga ihuje abakora ubugenzacyaha ku byaha by’ikoranabuhanga ngo barebere hamwe uko bakomeza gukorana kugira ngo babitahure, babikumire ndetse banabigenze.

Iyi nama yatangijwe na Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Dr Emmanuel Ugirashebuja, ariko yitabiriwe n’abayobozi barimo Umunyamabanga mukuru w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, (Rtd) Col Jeannot Ruhunga, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza n’abandi bayobozi.

Yatangiye kuri uyu wa Mbere Taliki 18, ikazarangira Taliki 20, Nyakanga 2022.

Abayitabiriye baganiriye uko barushaho kunoza imikoranire mu gukumira biriya byaha, hakarebwa uko iryo koranabuhanga ryakoreshwa kugira ngo abakora ibyaha batahurwe cyane cyane ko kugenza ibyaha bigoye.

Ifoto rusange y’abitabiriye iyi nama

Ikoranabuhanga ni uburyo bwiza bwo gukora ibintu byinshi kandi vuba.

Muri ibyo bintu byinshi, harimo no kwiba abantu bitagoranye.

Niyo mpamvu abahanga mu ikoranabuhanga bahora biba cyangwa bagerageza kwiba ibigo by’imari, abantu ku giti cyabo binyuze mu kumenya amagambo y’ibanga bakoresha babikuza amafaranga n’ibindi n’ibindi.

Raporo ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) y’umwaka wa 2020/21 warangiye ku wa 30 Kamena 2021, igaragaza ko yabashije guhagarika ibitero 74, 243 yagabweho mu buryo bw’ikoranabuhanga.

#HappeningNow: RIB Secretary General, @JRuhunga making remarks at the opening of the 9th #Africa Working Group meeting for heads of Cybercrime units taking place in #Rwanda from 18 – 22 July, 2022.@INTERPOL_HQ @AfripolA pic.twitter.com/o7UApQ53yh

— Rwanda Investigation Bureau (@RIB_Rw) July 18, 2022

Hari n’abakora k’uburyo binjira mu mashini zibitse amabanga akomeye bamara kuzigeramo bakabuza abari basanzwe bazikoresha kuzinjiramo, bakababwira ko kugira ngo binjiremo bari bubanze bakishyura amafaranga runaka.

Mu Ukuboza, 2021, Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rwaburiye abaturage bishyura bakoresheje amakarita (visa cards) ko hari ubujura busigaye bubakorerwa.

Buterwa n’uko hari abantu babona imibare ikoreshwa na ba nyiri ariya makarita.

Itangazo ry’uru rwego ryavugaga ko hari abantu barugezaho ibirego bavuga ko babona amafaranga ava kuri konti zabo nta ruhare babigizemo.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye Abanyarwanda kwirinda ubujura bw’imibare igaragara kuri aya makarita kuko hari abayiba bakagura ibintu kuri murandasi ba nyir’amakarita batabizi.

Iperereza ry’ibanze uru rwego rwakoze nyuma yo kugezwaho biriya birego ryagaragaje  ko hari bamwe mu bashinzwe kwishyuza abakiliya cyane cyane mu mahoteli na za resitora bakoresheje imashini za POS biba imibare ya za konti n’imibare y’ibanga (PIN Code) iba yanditse kuri ayo makarita  y’abakiliya batabizi.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry icyo gihe yavuze ko  abishyuza abakiliya serivisi babasanga aho baba bari bakabasaba kwishyura.

Iyo umukiliya akoresha ikarita ya Banki mu kwishyura arayitanga uwishyuza akajya kuvanaho amafaranga umukiliya atamureba.

Ngo muri uko  kuyitwara nibwo uwishyuza afotora imibare igaragara ku ikarita imbere n’inyuma, yarangiza ikarita akayisubiza nyirayo.

Hanyuma uwibye iyi mibare (uwishyuzaga) akajya ayikoresha mu kugura ibikoresho bitandukanye kuri murandasi (online shopping).

Nyirayo ahita atangira  kubona ubutumwa bugufi kuri telefoniye  ko amafaranga ava kuri konti ye ya Banki atabigizemo uruhare.

Izi ngero dutanze haruguru ni nke ugereranyije n’uko ikibazo cy’ubujura bukoresha ikoranabuhanga kimeze mu Rwanda n’ahandi ku isi.

Abakoresha ikoranabuhanga mu ugukora ibyaha babuza umuntu kwinjira mu byo yari asanzwe akora, bityo akishyura kugira ngo abigereho

Bivuze ko abashinzwe umutekano mu by’ikoranabuhanga bafite akazi kenshi ko gutahura, gukumira no kugenza ibi byaha kuko bigira ingaruka ku bukuntu bw’abantu ku giti cyabo, ubw’ibigo ndetse n’ubw’ibihugu muri rusange.

TAGGED:featuredIkoranabuhangaMudasaobwaRIBUrwego
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burusiya ‘Buherutse’ Kugura Ikawa Nyinshi Y’u Rwanda
Next Article Amerika Na Arabie Saoudite Bagiye Gufatanya Gukora 6 G
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?