Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasifuzi Ba Karate Babwiwe Ko Hari Ibyahindutse Mu Mategeko Yayo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abasifuzi Ba Karate Babwiwe Ko Hari Ibyahindutse Mu Mategeko Yayo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2023 7:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mahugurwa abasifuzi ba Karate bahawe, babwiwe ko hari impinduka zashyizweho mu mategeko agenga umukino wa karate.

Abasifuzi 60 bo mu Rwanda barimo abagabo 52 n’abagore umunani nibo bahawe ariya mahugurwa.

Imisifurire ivuguruwe yatangiye gukurikizwa mu rwego mpuzamahanga guhera mu ntangiriro za Mutarama, 2023.

Yitabiriwe na Visi Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Karate (FERWAKA) witwa Karamaga Barnabé.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image
Karamaga Barnabé yabwiye abari aho ko impamvu y’ariya mahugurwa

Umusifuzi wa Karate uhagarariye abandi mu Rwanda akaba n’umusifuzi mpuzamahanga ku rwego rwa Afurika ndetse n’ushinzwe gutanga amanota ku rwego rw’Isi,  Mwizerwa Dieudonné, ni we wahuguye bagenzi be.

Karamaga Barnabé yabwiye abari aho ko impamvu  y’ariya mahugurwa ari uko habayeho impinduka mu mategeko asanzwe yifashishwa muri uyu mukino kandi ku rwego mpuzamahanga.

Avuga ko bashyize imbaraga mu guhugura abatoza ba  Karate y’u Rwanda kuko mu mwaka ushize hari amarushanwa mpuzamahanga yabaye bamwe mu bakinnyi bagatsindwa kubera kutamenya amategeko agezweho.

Yabwiye abari aho ati: “Aya mahugurwa twayateguye ku mpamvu z’uko amategeko mashya yasohotse azakurikizwa uyu mwaka guhera muri uku kwezi kwa Mutarama kugeza mu myaka iri imbere. Twashatse ko abasifuzi, abatoza n’abakinnyi kimwe n’abashaka kubijyamo bakoze ibizamini, bose bagendana n’igihe.”

Yashimangiye ko bateguye ariya mahugurwa mu rwego rwo kwirinda ko amakosa bakoze mu misifurire, imitoreze n’imikinire mu mikino yatambutse atazongera kubaho.

- Advertisement -

Agaruka ku mpinduka zabaye mu mategeko, Mwizerwa yavuze ko ari nyinshi ariko zirimo bice by’ingenzi.

Ibyo bice birimo gutangaza amakosa n’ibihano ndetse no gutanga amanota.

Yatangaje ko amategeko yahindutse ari menshi kandi arimo ajyanye n’ibyo gutangaza amakosa n’ibihano   no gutanga amanota haba mu rwego rwa Kata [kwiyerekana] na Kumite [kurwana].

Abahuguwe bavuze ko ariya mahugurwa yari akenewe kugira ngo bakomeze kugendana n’igihe mu mitoreze igezweho.

Aya mahugurwa atanzwe mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira imikino ihuza abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba n’iyo Hagati (EAPCO) iteganyijwe hagati ya Gashyantare na Werurwe, 2023.

Bamwe mu bakinnyi ba Karate bazitabira iyi mikino bari mu baherutse guhugurwa.

TAGGED:AbakinnyiAbatozaAfurikafeaturedImikinoKarateRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakandagira Mu Busitani Bw’Umujyi Wa Kigali Bahagurukiwe
Next Article AKUMIRO: Musenyeri Aravugwaho Kwemerera Abakirisitu Gusambanira ‘Muri Cathedral’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?