Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasirikare Bane b’u Bufaransa Bafatiwe Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Abasirikare Bane b’u Bufaransa Bafatiwe Muri Centrafrique

admin
Last updated: 22 February 2022 1:30 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare bane b’u Bufaransa bafatiwe ku kibuga cy’indege muri Repubulika ya Centrafrique, ubwo bari bacunze umutekano wa Général Stéphane Marchenoir uyobora Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro, MINUSCA.

Bafatiwe mu murwa mukuru Bangui kuri uyu wa Mbere nyuma ya saa sita, nk’uko byemejwe na Ambasade y’u Bufaransa muri Centrafrique.

Yagize iti “Ikipe ishinzwe umutekano wa général Marchenoir, Umugaba w’Ingabo za Minusca, rigizwe n’abasirikare bane b’Abafaransa, ryafashwe nyuma ya saa sita ku kibuga cy’Indege cya Bangui. Aba ba ofisiye 4  bashinzwe umutekano bari baherekeje umugaba wa Minusca agiye kurira Air France hamwe n’ibikoresho byabo by’umwuga.”

Hari amakuru yaje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko abo basirikare baba bashatse “kwica” Perezida Faustin Archange Touadéra uyobora Centrafrique.

Ni igikorwa cyabaye mu gihe umubano w’u Bufaransa n’iki gihugu bwahoze bukolonije utameze neza, kubera umutwe ushinzwe umutekano wo mu Burusiya, Wagner Group, urimo gukorera muri Centrafrique.

Ni igihugu kiri mu ntambara guhera mu 2013.

Gusa Ambasade y’u Bufaransa yamaganye icyo gikorwa, kimwe n’abashaka kugikoresha mu icengezamatwara rigamije inabi.

Haje kuboneka andi makuru avuga ko bashobora kuba barafashwe kubera ko bari bitwaje intwaro zabo baherekeje jenerali, bagera ku kibuga cy’indege bigahurirana n’uko indege ya Perezida Touadera yari irimo kugwa ku kibuga.

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Bufaransa bwabwiye AFP buti “Nta mpamvu yihariye, bafashwe na jandarumori ya Centrafrique bari hafi y’ikibuga cy’indege, ariko ibirego byo gushaka guhungabanya umutekano bitangira kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga.”

Mu itangazo Minusca yasohoye, yamaganye abantu bashaka gukora icengezamatwara rigamije kuyobya rubanda.

Yakomeje ivuga ko “Yamaganye yivuye inyuma ibirego byo gushaka kubangamira umutekano w’igihugu.”

Minusca igizwe n’abasirikare b’abapolisi barenga 15,000.

TAGGED:Centrafriquefeaturedu Bufaransa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Jhonatan Restrepo Yegukanye Agace Ka Gatatu Ka Tour du Rwanda 2022
Next Article Ikigo Mpinduramyumvire Ku Bafite Ubumuga, Ubwenge Buruta Ubwiza…Ikiganiro N’uharanira Kuba Miss 2022
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?