Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abasore N’Inkumi Bari Kujya Mu Gisirikare Cya DRC Ku Bwinshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abasore N’Inkumi Bari Kujya Mu Gisirikare Cya DRC Ku Bwinshi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 November 2022 1:54 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni ibyemezwa n’Umuvugizi w’ingabo za DR Congo  Gen Syvain Ekenge. Yatangaje ko abasore n’inkumi bagera ku 2000 ari bob amaze kwiyandikisha ngo bajye mu ngabo za DRC. Avuga ko ari ubwitabire bwihuse kubera ko bibaye hashize iminsi hari itatu Perezida Tshisekedi abisabye abaturage be.

Mu kiganiro n’itangazamakuru yatanze kuri uyu Gatandatu, Taliki 05, Ugushyingo, 2022, Gen  Sylvain Ekenge yavuze ko  kwinjiza urubyiruko mu gisirikare birimo kubera mu murwa mukuru Kinshasa n’i Goma mu Burasirazuba bw’igihugu.

Yabivuze ari kumwe na  Minisitiri ushinzwe gutangaza amakuru akaba n’Umuvugizi wa Leta, Patrick Muyaya.

Yagize ati: “Abarenga 2000 bamaze kwiyandikisha, i Goma honyine.”

Gen Ekenge

Ekenge yavuze ko ahantu hose hari ikigo ya gisirikare bahashyize n’ikigo cy’ijonjora, aho ababishaka bajya kwiyandikishiriza ngo bajye mu ngabo.

Abajya mu ngabo z’iki gihugu bagomba kuba bafite hagati y’imyaka 18 n’imyaka 25 y’amavuko.

Basuzumwa kandi niba bafite ubuzima buzira umuze haba ku mubiri ndetse no mu mutwe.

Uwize amashuri make agomba kuba yarize byibura imyaka ibiri ya nyuma y’amashuri abanza.

Abajijwe impamvu igisirikare avugira kitarisubiza Umujyi wa Bunagana, iminsi ikaba ibaye 150, Gen Ekenge yavuze ko ingabo ze zitari kurwanira mu gice gituwe n’abaturage benshi kubera ko inshingano ya mbere y’umusirikare ari ‘ukurinda umuturage.’

Ati: “Twasubiye inyuma by’amayeri y’urugamba mu kwirinda impfu zitari ngombwa.”

Yavuze ko mu 2012 ndetse no mu mwaka wa 2013 nabwo umutwe wa M23 yari wafashe Goma ariko iza kuhirukanwa bityo ngo no muri Bunagana n’aho bizaba ko.

Ati: “Nta santimetero [cm] n’imwe izasigara iriho inkweto z’umwanzi”.

Uyu musirikare yavuze ko u Rwanda ari rwo rwigaruriye hafi Teritwari yose ya Rutshuru harimo n’umupaka wa Bunagana.

TAGGED:DRCEkengeGenRwandaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ni Nde Uzabazwa Iby’Umuhanda Nzove-Ruli-Gakenke Perezida Kagame Yemereye Abaturage Utarubatswe?
Next Article Abapolisi 160 Biganjemo Abanyarwandakazi Bagiye Koherezwa Muri Sudani Y’Epfo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?