Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatunze iPhones, iPads Na MacBooks Bahawe Umuburo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Abatunze iPhones, iPads Na MacBooks Bahawe Umuburo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2022 8:11 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo gikora ibyuma by’ikoranabuhanga na serivisi zabyo kitwa Apple kiraburira abantu batunze telefoni za iPhones, mudasobwa za Macs n’ibindi byuma bita iPads ko ikoranabuhanga bakoreshaga ryagize ikibazo gishobora gutuma abagizi ba nabi binjira muri biriya byuma bakagera ku makuru abibitsemo.

Abafite ibi byuma barasabwa kongerera ubushobozi ikoranabuhanga bisanzwe bikoresha(updates) kugira ngo bibone uburyo bwo gukumira ko abantu baryinjiramo.

Apple ivuga ko ibyuma byugarijwe ari iPhones 6S,  iPad z’ubwoko butandukanye harimo n’iz’igisekuru cya gatanu( 5th generation) iPad Pro  zose na  iPad Air 2.

Hari na mudasobwa zo mu bwoko bwa Mac zikoresha ibyo operating system yitwa MacOS Monterey.

Abakoresha izi mashini nabo basabwa kuzongeresha ubushobozi bwo kwirinda

Hari ikinyamakuru cyandika ku ikoranabuhanga kitwa TechCrunch cyavuze ko niba abantu batongerereye ibikoresho twavuze haruguru ubushobozi bwo kwirinda, abajura n’abandi bagizi  ba nabi bakoresha ikoranabuhanga, bazabyinjiramo bakamenya ibyo bibitse kandi bakaba bashobora no kubuza abantu kubikoresha binyuze mu ‘guhindura password.’

Iyo abagizi ba nabi bamaze kwinjira mu gikoresho cy’ikoranabuhanga runaka yari asanzwe akoresha, bituma atinjiramo hanyuma bakamwaka amafaranga kugira ngo bamwemerere kongera kukinjiramo.

Aho niho ikibazo kivukira!

Hari amakuru avuga ko iki kibazo cyavutse bwa mbere nyuma y’uko ikigo Apple gitangaje ko kigiye gufungura muri Vietnam ikigo gikora biriya byuma.

Ubuyobozi bw’iki kigo buvuga ko byakozwe mu rwego rwo kwirinda ko cyakomeza gukenera ibisanzwe bikorerwa mu Bushinwa.

Bamwe bavuga ko bizababaza u Bushinwa bikaza byiyongera ku bibazo bwari bumaze iminsi bufitanye n’Amerika ku kibazo cya Taiwan n’ibindi byakibanjirije k’ubutegetsi bwa Donald J.Trump.

Ubusanzwe ikigo Apple nicyo kigo cy’ubucuruzi kinini kurusha ibindi muri Amerika.

Icyakora ibyinshi mu bikoresho by’iki kigo byakorerwaga mu Bushinwa.

iPhones nyinshi zikorerwa mu Bushinwa kandi nizo zigize igice kinini cy’ibikoresho Apple igurisha ku isi hose.

Abahanga mu ikoranabuhanga bashobora kukubuza gukoresha ibikoresho byawe by’ikoranabuhanga

Amasezerano y’uko inyinshi zigomba gukorerwa mu Bushinwa yasinywe mu mwaka wa 2016.

Ahandi Apple ifite ibikorwa ni mu Buhinde.

Ikoranabuhanga Mu Itumanaho Muri Afurika Baryitege! U Rwanda Ruririnze

TAGGED:AmerikaAppleBushinwafeaturedIkorabuhanga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi ‘Yamaramarije’ Kutihanganira ‘Abambara Ubusa’ Mu Banyarwanda
Next Article Ambasaderi Wa Israel Mu Rwanda Yashimangiye Ko u Rwanda Ari Inkoramutima
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?