Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda

admin
Last updated: 09 September 2021 8:15 pm
admin
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Uganda bwagejeje mu Rwanda imirambo y’abaturage babiri biciwe muri icyo gihugu, Paul Bangirana w’imyaka 47 na Dusabimana Theoneste w’imyaka 52.

Bangirana yishwe ku wa 2 Nzeri, umurambo we uza kuboneka wajugunywe i Kabale.

Ababibonye bavuga ko abagabo bamushimuse bakamujyana ahantu hatazwi, baza kugaruka nyuma y’amasaha menshi bafite umurambo, bawujugunya hafi y’umupaka.

Byakozwe mu buryo abatangabuhamya bavuga ko bwakomeje gukoreshwa n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI.

Abicanyi bambuye Bangirana imyenda yose, bamurambikaho icupa rya waragi.

Dusabimana we yiciwe mu gace ka Kibumba mu Karere ka Kabale, mu ijoro ryo ku wa 29 Kanama.

Umurambo we waje kuboneka bukeye bwaho mu gitondo ahagana saa 10h30, abamubonye basanga afite ibikomere byinshi nk’aho yatewe ibyuma.

Yari aryamye mu maraso, nko muri metero 700 uvuye ku mupaka w’u Rwanda mu mudugudu wa Kagugu, mu Murenge wa Rubaya mu Karere ka Gicumbi.

Hari amakuru ko yishwe ari mu nzira ataha mu Rwanda, abicanyi bakamwiba amafaranga yari afite agera muri miliyoni imwe, yamburwa n’ibindi byose yari afite.

Ubwo iyo mibiri yagezwaga mu Rwanda, uruhande rwa Uganda rwari ruyobowe na Meya w’Akarere ka Kabale, Nelson Nshangabasheija, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Felix Ndayambaje.

Hashize igihe kinini u Rwanda rugaragaza ko abaturage barwo bamburwa ibyabo, bagafungwa mu buryo butemewe ndetse bagakorerwa iyicarubozo, nyuma bakajugunywa ku mupaka w’u Rwanda, bamwe bakanabigwamo.

Ruheruka gusaba abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera umutekano wabo.

U Rwanda rwakiriye abaturage barwo babiri biciwe muri Uganda
TAGGED:CMIfeaturedUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare
Next Article Perezida Kagame Yahaye Abasirikare Batanu Ipeti Rya Colonel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?