Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage Babiri Biciwe Muri Uganda Bagejejwe Mu Rwanda

admin
Last updated: 09 September 2021 8:15 pm
admin
Share
SHARE

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa Uganda bwagejeje mu Rwanda imirambo y’abaturage babiri biciwe muri icyo gihugu, Paul Bangirana w’imyaka 47 na Dusabimana Theoneste w’imyaka 52.

Bangirana yishwe ku wa 2 Nzeri, umurambo we uza kuboneka wajugunywe i Kabale.

Ababibonye bavuga ko abagabo bamushimuse bakamujyana ahantu hatazwi, baza kugaruka nyuma y’amasaha menshi bafite umurambo, bawujugunya hafi y’umupaka.

Byakozwe mu buryo abatangabuhamya bavuga ko bwakomeje gukoreshwa n’Urwego rwa Gisirikare rushinzwe ubutasi, CMI.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abicanyi bambuye Bangirana imyenda yose, bamurambikaho icupa rya waragi.

Dusabimana we yiciwe mu gace ka Kibumba mu Karere ka Kabale, mu ijoro ryo ku wa 29 Kanama.

Umurambo we waje kuboneka bukeye bwaho mu gitondo ahagana saa 10h30, abamubonye basanga afite ibikomere byinshi nk’aho yatewe ibyuma.

Yari aryamye mu maraso, nko muri metero 700 uvuye ku mupaka w’u Rwanda mu mudugudu wa Kagugu, mu Murenge wa Rubaya mu Karere ka Gicumbi.

Hari amakuru ko yishwe ari mu nzira ataha mu Rwanda, abicanyi bakamwiba amafaranga yari afite agera muri miliyoni imwe, yamburwa n’ibindi byose yari afite.

- Advertisement -

Ubwo iyo mibiri yagezwaga mu Rwanda, uruhande rwa Uganda rwari ruyobowe na Meya w’Akarere ka Kabale, Nelson Nshangabasheija, mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Felix Ndayambaje.

Hashize igihe kinini u Rwanda rugaragaza ko abaturage barwo bamburwa ibyabo, bagafungwa mu buryo butemewe ndetse bagakorerwa iyicarubozo, nyuma bakajugunywa ku mupaka w’u Rwanda, bamwe bakanabigwamo.

Ruheruka gusaba abaturage barwo kutajya muri Uganda kubera umutekano wabo.

U Rwanda rwakiriye abaturage barwo babiri biciwe muri Uganda
TAGGED:CMIfeaturedUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yayoboye Inama Nkuru Ya Gisirikare
Next Article Perezida Kagame Yahaye Abasirikare Batanu Ipeti Rya Colonel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?