Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage Bashinja Ubuyobozi Bw’Umurenge Na REG ‘Kubabeshya’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abaturage Bashinja Ubuyobozi Bw’Umurenge Na REG ‘Kubabeshya’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 July 2022 3:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Kalima n’uwa Duwani mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Bweramana mu Karere ka Ruhango hari abaturage babwiye itangazamakuru ko ubuyobozi bw’uyu Murenge buri kumwe n’abakozi ba REG babasabye gucukura imyobo yo kuzashyiramo amapoto barabikora ariko ayo ntibayahabwa.

Bavuga ko babikoze bashishikaye bafite ikizere ko kera kabaye bagiye guhabwa amashanyarazi

Babwiye mugenzi wacu ukerera UMUSEKE ko nyuma yo gucukura iriya myobo batanze raporo, bayigeza ku buyobozi kugira ngo nabwo bukorane na REG bityo ibyo abaturage basezeranyijwe babihabwe.

Umukuru w’Umudugudu wa Kalima wavuganye na bagenzi bacu witwa Mwumvaneza Thèophile yababwiye ko kuva buzuza iriya myobo hagiye gushira amezi atanu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abaturage bibaza niba imvune yabo yarabaye impfabusa cyangwa niba bakomeza kwizera ko bizashoboka, byibura bakabona ikibarema agatima.

Imyobo bacukuye igihe kuzasibama kuko nta biti birashyirwamo kuva yuzura

Wa mukuru w’Umudugudu ati “Akazi abaturage basabwe twaragakoze ntabwo tuzi impamvu  ituma bataduha umuriro nk’abandi baturage  bamaze igihe bawubonye.”

Umuturage witwa  Seti avuga ko hari ingo batarutse ntibaziha amashanyarazi.

Abaturage bavuga ko  babajije impamvu yabyo basubizwa ko abayobozi bagitunganya inkingi.

Ati “Hashize amezi 2 badusubije ko barimo gutunganya amapoto.”

- Advertisement -

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bweramana witwa Emmanuel Ntivuguruzwa avuga ko ipoto ishingwa ahantu hacukuwe umwobo ugendeye ku bipimo biteganywa kandi biri mu nyungu z’abaturage.

Ati: “Abaturage bavuga ko bitinda turabumva kuko umuturage utaragera ku mashanyarazi aba yumva yahita ayabona uwo munsi ariko hari iby’ibanze bikorwa nk’ibi byo gucukura imyobo, gushinga amapoto, kugezaho intsinga no kuzoherezamo umuriro, turabizeza ko amashanyarazi abageraho bidatinze .”

Hirya no hino mu Rwanda hari aho abayobozi basezeranya abaturage ibintu runaka bagategereza amaso agahera mu kirere.

Ibyo bimenyekana iyo hari itangazamakuru ribigaragaje cyangwa Perezida wa Repubulika yagiye gusura abaturage.

TAGGED:AbaturageAmashyanyarazifeaturedGitifuPerezidaRuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Boris Johnson Aranugwanugwa Kuzayobora NATO/OTAN
Next Article Umuyobozi Wa Equity Bank Arakekwaho Kuriganya Ubutaka Bw’Abandi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?