Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturage B’I Karongi Bagize Ingwate Ibikoresho Bya Rwiyemezamirimo Wabambuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abaturage B’I Karongi Bagize Ingwate Ibikoresho Bya Rwiyemezamirimo Wabambuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2021 11:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mpera z’Icyumweru cyarangiye tariki 21, Gashyantare, 2021 hari abaturage batubwiye ko hari rwiyemezamirimo bakoreye ubwo yashingaga amapoto mu mirenge ya Karongi wabambuye. Uyu rweyemezamirimo yadusezeranyije ko ari buzinduke abishhura ariko ntiyabikoze. Abaturage bafashe bugwate ibikoresho bye.

Umwe mu baturage twari twavuganye kuri uriya munsi, yatubwiye ko rwiyemezamirimo witwa Protogène  Bandetse yabambuye kandi ko hashize amezi ane.

We yemezaga ko bamurimo amafaranga arenga Frw 100 000.

Protogène ayobora ikigo kitwa CEC gishinga amapoto y’amashanyarazi.

Abaturage babonye ko kubishyura bikoranye bafata ingamba…

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane Tariki 25, Gashyantare, 2021 Taarifa yabajije bariya bakozi niba rwiyemezamirimo yarabahembye nk’uko yabidusezeranyije, badusubiza ko ntabyo yakoze.

Hari uwatubwiye ati: “ Bwarakeye[Ku wa Mbere] tubona bazanye imodoka ngo bapakire ibikoresho byabo aho kugira ngo baduhembe. Twanze ko babipakira.”

Avuga ko rwiyemezamirimo yabonye ko bariya bakozi bamubereye ibamba, ahitamo gufungirana ibikoresho, ashyiraho ingufuri.

Abakozi nabo bahise bashyiraho iyabo, bivuze ko ku rugi rumwe hariho ingufuri ebyiri.

Ikibazo cyabo bazagishyira Meya…

Undi mukozi twavuganye yeruye atubwira ko  imodoka ya rwiyemezamirimo nigaruka gushaka gupakira ibikoresho bazambura umushoferi urufunguzo rwayo, baruhe umwe muribo abatware bajye ku Karere kubwira Meya ikibazo cyabo.

Yagize ati: “ Ntabwo tuzamukubita ariko tuzamwambura urufunguzo rw’imodoka turuhe umwe muri twe adutware feri tuyifungire ku Karere badukemurire ikibazo kuko tubona rwiyemezamirimo yaradutereranye.”

Protogène Bandetse ntacyo abivugaho…

Uburyo twakoresheje kugira ngo Protogène Bandetse agira icyo adutangariza kuri iki cyizere yahaye abakozi be ariko kikaraza amasinde ntacyo bwatanze.

TAGGED:AbaturagefeaturedRwiyemezamirimo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Shampiyona Y’Umupira W’Amaguru Mu Rwanda Igiye Gusubukurwa
Next Article Johnson & Johnson Igiye Kuzana Umwihariko Mu Gukingira COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Umutekano Mu Muhanda Uvuze Byinshi – Minisitiri Biruta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?