Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abaturiye Pariki Ya Nyandugu Barasabwa Kutayanduza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Abaturiye Pariki Ya Nyandugu Barasabwa Kutayanduza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 September 2025 1:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere, RDB, ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Pariki ya Nyandugu rusaba abatuye mu Mirenge iyituriye kwirinda kuyandurisha ibyo bamena muri za ruhurura.

Eugene Mutangana ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima muri RDB avuga ko abatuye Nyarugunga na Ndera bakwiye kumenya ko kiriya cyanya gifite akamaro mu gusukura umwuka bahumeka no gutuma igihugu gukomeza gusurwa.

Eugene Mutangana

Abanyarwanda basura iki cyanya bishyura Frw 2000 n’aho abanyamahanga bakishyura Frw 20,000, umuntu akaba yemerewe kuhirirwa umunsi wose yishyura izindi serivisi bahatse.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru nyuma yo kwitabira yahuje ubuyobozi bw’iyo Pariki n’abayituriye, Mutangana yavuze ko aha hantu hasigaye ari hamwe mu hinjiriza igihugu amadovize.

Niyo mpamvu hari gahunda yo kuyizanamo ubundi bwoko bw’inyamaswa zahatuzwa, zikahaba neza abantu badahungabanyijwe nazo nazo bikaba uko.

Ati: “Ubu turi mu nyigo yo kureba uko twazana izindi nyamaswa muri iyi Pariki. Ntitwavuga ngo hazaza izi n’izi kuko bikiri mu nyigo.”

Kampogo Ildephonse uyobora Pariki ya Nyandugu avuga ko iyi Pariki ikomeje kuba indiri y’ibinyabuzima kuko bikunze kihagana.

Mu mwaka wa 2022, bari bafite ubuwoko buke bw’inyoni ariko ubu bugera kuri 216.

Ildephonse Kampogo uyobora Pariki ya Nyandugu

Hari ubwoko bune bw’inzoka, ubundi bwinshi bw’ibikeri n’ibinyugunyugu, amoko 25,000 y’ibiti n’andi menshi y’ibyatsi.

Kampogo avuga ko mu mwaka wa 2024 pariki ayobora yasuwe n’abantu 76,000 kandi 70% muri bo ni Abanyarwanda.

Bose muri uwo mwaka binjije $110,000 kandi ayo mafaranga yariyongereye guhera mu mwaka wa 2022 ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yayifunguraga.

Hagati aho Leta y’u Rwanda ifite gahunda y’uko 25% by’ubuso bw’Umujyi wa Kigali bugomba kuba butoshye burimo ibyatsi, ibiti n’umwuka usukuye wo guhumeka.

Iyi Pariki ifatiye runini abayituriye bityo basabwa kuyibungabunga.

Pariki ya Nyandugu ikurura inyoni bitewe ahanini n’ibiti bihaba, ubwoko bw’inigwahabiri zihari kuko inyoni zitunzwe no kurya imibu, isazi, amajeri n’ibindi.

Uturutse i Kigali ugana mu Burasirazuba iyi Pariki ya Nyandugu ihera ku Cya Mutsingi igakomeza ikarangirira ku muhanda ukata ugana i Ndera.

TAGGED:featuredIbidukikijeIbikokoKampogoMutanganaNyanduguParikiRDB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abaturiye Pariki Ya Nyandugu Barasabwa Kutayanduza

Rutsiro: Hubatswe Ibitaro Bizunganira Ibya Murunda

Ubwongereza Buratangaza Ko Bwemeye Palestine Nka Leta Yuzuye 

Volleyball: U Rwanda rwaserewe Muri 1/4 Cy’Igikombe Cy’ Afurika

Gisèle Umuhuza Yasimbuwe Na Canoth Manishimwe Muri MININFRA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Ese Icyemezo Cya Leta Cyahombeje Abacuruzi Bagafunga Cyavugururwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abaturage 354,000 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?