Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Kigali Binubira Zebra Crossing Zasibamye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Abatuye Kigali Binubira Zebra Crossing Zasibamye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 October 2023 9:55 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe Polisi y’u Rwanda ikangurira abanyamaguru kumenya uko bambuka neza umuhanda baciye ahabugenewe bita zebra crossing, ku rundi ruhande hari abashoferi bavuga ko hari izasibamye k’uburyo kuzibona bigorana cyane cyane mu gihe ikirere kiba kibuditse.

Bavuga ko hari imihanda imwe n’imwe yo mu Turere rw’Umujyi wa Kigali ifite inzira z’abanyamaguru zasibamye kandi zimwe muri zo zikaba mu makoni.

Umushoferi witwa Vuguziga avuga ko n’ubwo bashima ubujyanama bwa Polisi bwo kumenya kubahiriza inzira z’abanyamaguru, ariko nayo yagombye gukorana n’Umujyi wa Kigali izo nzira zigasiburwa, zikagaragarira buri wese kandi akazibona akizitaruye.

Ati: “ Aho izi nzira zigaragara neza usanga muri rusange twitabira guhagarara abanyamaguru bakambuka. Icyakora hari aho usanga zarasibamye, bikaba byagora umuntu kuzibona cyane cyane nk’iyo hari ikibunda cyangwa butangiye kugoroba amatara y’umuhanda ataraka cyangwa ziri aho ayo matara yapfuye… Polisi n’Umujyi wa Kigali nibabidfashemo.”

Murebwayire wo mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro avuga ko hari imihanda isa n’iyibagiranye kandi ikoreshwa cyane, ugasanga amabara ya zebra crossing yarasibamye cyane.

Anenga ko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwibanda mu gusiga amabara imihanda iri guhangwa ariko hakaba indi yibagiranye.

Asaba ko nayo yakwibukwa, igasigwa ayo mabara mu nyungu z’abayikoresha barimo n’abana.

Polisi yabigejeje ku buyobozi bw’Umujyi wa Kigali…

Taarifa yabajije umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police( ACP) Boniface Rutikanga icyo avuga ku byo aba baturage bavuga, asobanura ko ‘koko’ hari aho amabara y’izo nzira atagaragara neza, ariko ko ikibazo ‘cyagejejwe mu Mujyi wa Kigali.’

Ati: “ Ikibazo cyagejejwe mu mujyi wa Kigali, kandi nzi ko haricyo barimo kugikoraho. Ku busobanuro burambuye bwaho babigejeje mwababaza…”

Polisi y’u Rwanda isaba abakoresha umuhanda kujya bihanganirana kandi bakirinda icyabahutaza

Ku rundi ruhande, Polisi isaba abakoresha umuhanda bose kubahiriza amategeko n’amabwiriza awugenga, bakajya bigengesera bagashishoza mu gihe cyose bari kuwukoresha.

By’umwihariko, ACP Rutikanga asaba abagenda n’amaguru muri kaburimbo kumva ko nabo umutekano wo mu muhanda ubareba kandi bagomba kugira uruhare mu kwirinda icyabahungabanya, bakamenya igihe ‘nyacyo’ cyo kuwambuka n’uburyo bwiza bwo kubikora.

Ubwo twatangazaga iyi nkuru, Umuyobozi mu Mujyi wa Kigali ufite mu nshingano iby’iki kibazo  witwa Asaba Katabarwa Emmanuel  yari ataragira icyo adutangariza ku byifuzo by’abatuye Umujyi wa Kigali bakoresha iyo mihanda.

Asaba Katabarwa Emmanuel
TAGGED:AbagenzifeaturedKatabarwaKigaliPolisiRutikangaRwandaUmuhandaUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayahudi Ku Isi Barugarijwe
Next Article Amerika Iri Gukora Bombe Irusha Ubukana Iyatewe Hiroshima Inshuro 24
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?