Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Utugari 1013 Mu Rwanda Bafite Ikibazo Cy’Indwara Zo Mu Nda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abatuye Utugari 1013 Mu Rwanda Bafite Ikibazo Cy’Indwara Zo Mu Nda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2024 12:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi bo mu rwego rw’igihugu rushinzwe ubuzima, RBC,  bavuga ko indwara zirengagijwe ari ikibazo kiri mu Banyarwanda benshi. Ni ikibazo gikomeye cyane cyane ku byerekeye indwara y’inzoka. Abanyarwanda bakuru 10 bagenda mu muhanda, bane baba bafite iki kibazo.

Inzoka zo mu nda ziterwa n’umwanda.

Abahanga bavuga ko izi nzoka ari mbi kuko hari ubwo zikura zikagera mu bwonko ku buryo zimwe muri zo zishobora guteza indwara y’igicuri.

Iyo ndwara baba barayitewe no kurya inyama z’ingurube zirimo inzoka ya tenia.

Ni inzoka izamuka ikagera mu bwonko kandi igira ingaruka ku buzima bw’umuntu cyane cyane ku bwonko.

Umukozi wa RBC witwa Nathan Hitiyaremye avuga ko ubushakashatsi RBC yakoze yasanze 23% by’abarwaye igicuri mu Karere ka Huye n’Akarere ka Gisagara bagitewe n’uko abatuye utu duce bakunze kurya inyama z’ingurube kandi zidatetse neza.

Umukozi wa RBC Nathan Hitiyaremye

Kuba abatuye utugari 1013 mu tugari 2,148 tugize u Rwanda bagaragaraho ikibazo cy’inzoka ni umutwaro ukomeye ku bukungu n’imibereho myiza y’abaturage muri rusange.

Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Gisagara Jackson Karinijabo Kalima avuga ko we n’abo bakorana bakora uko bashoboye ngo bigishe abaturage akamazo k’isuku kandi ngo byatangiye kugira umusaruro n’ubwo hakiri byinshi byo gukora.

Avuga ko mu mwaka wa 2023 nta muturage wa Gisagara warwaye amavunja, gusa hari babiri barwaye ibibembe.

Uretse ubumenyi buke n’ubukene bigaragagara mu baturage, ku rundi ruhande, hari ikibazo cy’abaganga batihugura ngo bakomeze kumenya uko izo ndwara zivurwa n’uburyo bagira inama ngo abaturage bazirinde cyangwa bazivuze.

Akarere ka Gisagara kandi gahura n’ikibazo cy’uko gafite ibishanga byinshi kandi ibyo bishanga ni byo byororokeramo ibinyamushongo, ibi bikaba udusimba tworohereza inzoka gukura no kwinjira mu bantu.

Akarere ka Gisagara mu mibare

Gafite ibitaro bibiri ari byo bya Kibirizi n’ibya Gakoma  bitanga ubufasha mu kuvura abatuye Gisagara muri rusange n’abafite indwara zavuzwe haruguru

TAGGED:AbarwayiAbaturagefeaturedGisagaraInzoka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bogota Labama Wanditse Amateka Muri Rayon Yagaruwe Muri ADDAX SC
Next Article Pakistan Iragura Ubucuruzi N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?