Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abatuye Utugari 1013 Mu Rwanda Bafite Ikibazo Cy’Indwara Zo Mu Nda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Abatuye Utugari 1013 Mu Rwanda Bafite Ikibazo Cy’Indwara Zo Mu Nda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 January 2024 12:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abakozi bo mu rwego rw’igihugu rushinzwe ubuzima, RBC,  bavuga ko indwara zirengagijwe ari ikibazo kiri mu Banyarwanda benshi. Ni ikibazo gikomeye cyane cyane ku byerekeye indwara y’inzoka. Abanyarwanda bakuru 10 bagenda mu muhanda, bane baba bafite iki kibazo.

Inzoka zo mu nda ziterwa n’umwanda.

Abahanga bavuga ko izi nzoka ari mbi kuko hari ubwo zikura zikagera mu bwonko ku buryo zimwe muri zo zishobora guteza indwara y’igicuri.

Iyo ndwara baba barayitewe no kurya inyama z’ingurube zirimo inzoka ya tenia.

Ni inzoka izamuka ikagera mu bwonko kandi igira ingaruka ku buzima bw’umuntu cyane cyane ku bwonko.

Umukozi wa RBC witwa Nathan Hitiyaremye avuga ko ubushakashatsi RBC yakoze yasanze 23% by’abarwaye igicuri mu Karere ka Huye n’Akarere ka Gisagara bagitewe n’uko abatuye utu duce bakunze kurya inyama z’ingurube kandi zidatetse neza.

Umukozi wa RBC Nathan Hitiyaremye

Kuba abatuye utugari 1013 mu tugari 2,148 tugize u Rwanda bagaragaraho ikibazo cy’inzoka ni umutwaro ukomeye ku bukungu n’imibereho myiza y’abaturage muri rusange.

Umuyobozi ushinzwe ubuzima mu Karere ka Gisagara Jackson Karinijabo Kalima avuga ko we n’abo bakorana bakora uko bashoboye ngo bigishe abaturage akamazo k’isuku kandi ngo byatangiye kugira umusaruro n’ubwo hakiri byinshi byo gukora.

Avuga ko mu mwaka wa 2023 nta muturage wa Gisagara warwaye amavunja, gusa hari babiri barwaye ibibembe.

Uretse ubumenyi buke n’ubukene bigaragagara mu baturage, ku rundi ruhande, hari ikibazo cy’abaganga batihugura ngo bakomeze kumenya uko izo ndwara zivurwa n’uburyo bagira inama ngo abaturage bazirinde cyangwa bazivuze.

Akarere ka Gisagara kandi gahura n’ikibazo cy’uko gafite ibishanga byinshi kandi ibyo bishanga ni byo byororokeramo ibinyamushongo, ibi bikaba udusimba tworohereza inzoka gukura no kwinjira mu bantu.

Akarere ka Gisagara mu mibare

Gafite ibitaro bibiri ari byo bya Kibirizi n’ibya Gakoma  bitanga ubufasha mu kuvura abatuye Gisagara muri rusange n’abafite indwara zavuzwe haruguru

TAGGED:AbarwayiAbaturagefeaturedGisagaraInzoka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bogota Labama Wanditse Amateka Muri Rayon Yagaruwe Muri ADDAX SC
Next Article Pakistan Iragura Ubucuruzi N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?