Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayahudi Ku Isi Barugarijwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Abayahudi Ku Isi Barugarijwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 October 2023 8:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’uko Israel itangije intambara kuri Hamas, igakoresha imbaraga bamwe bavuga ko zikabije ubwinshi, ubu hirya no hino hari bamwe barakariye Israel n’Abayahudi.

Igihugu cya mbere kidacana uwaka nabo ni Iran kuko yo isanzwe ishaka ko Israel ihanagurwa ku ikarita y’isi.

Ikindi kibyerekana ni uko mu minsi mike ishize, hari Abayahudi barurutse indege yari iguye mu gace gatuwe n’Abisilamu bo mu Burusiya, basubira yo shishi itabona kubera ikivunge cy’abashakaga kubagirira nabi.

Abo Bayahudi barimo abana, abagabo n’abagore bari baje mu biruhuko cyangwa gusura inshuti zabo.

Nyuma yo kubona ko Abayahudi bugarijwe cyane cyane mu Burayi, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Rishi Sunak yaraye akoranyije Inama idasanzwe y’Abaminiisitiri ngo bige uko Abayahudi batuye Ubwongereza barindwa.

Ni inama y’umutekano bita ‘Cobra.’

Rishi Sunak yabwiye abapolisi ndetse n’abagize urwego rw’uburasi imbere mu gihugu rwitwa MI5 ko bakwiye kuba maso

MailOnline ivuga ko Rishi Sunak yabwiye abapolisi ndetse n’abagize urwego rw’uburasi imbere mu gihugu rwitwa MI5 ko bakwiye kuba maso, bagatangira gukora imyitozo y’uburyo bazaburizamo igitero cy’iterabwoba ku bikorwa remezo by’Abayahudi nk’amasinagogi cyangwa ku miryango y’Abayahudi nyirizina.

Sunak avuga ko ari ngombwa gutegura guhangana n’abantu bashyigikiye Hamas bashobora kugaba ibitero ku nyungu za Israel, bakabikora bihimura ku ntambara iri kurwana na Hamas muri Gaza.

Ibi kandi bivuzwe mu gihe hari imyigaragambyo ikomeye iri kubera hirya no hino mu Bwongereza ishyigikiye Palestine.

Mu bigaragambya, harimo n’abavuga ko bikwiye ko Israel isibwa ku ikarita y’isi, kandi ngo ibi biteje inkeke mu Bwongereza n’ahandi mu Burayi.

TAGGED:AbayahudiBurayifeaturedHamasIntambaraIranIsiIsraelUbwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanya Tanzania Babiri Bashimuswe Na Hamas
Next Article Abatuye Kigali Binubira Zebra Crossing Zasibamye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?