Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Bakuru Muri FERWACY Bari Gukirikiranwa Na RIB
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Abayobozi Bakuru Muri FERWACY Bari Gukirikiranwa Na RIB

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 August 2023 11:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubugenzacyaha, RIB, bwataye muri yombi Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare, Munyankindi Benoît. Hari n’amakuru avuga ko muyobozi w’iri shyirahamwe, Murenzi Abdallah nawe akurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gutonesha.

Munyankindi yatawe muri yombi taliki 21, Kamena, 2023, akurikiranyweho gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti, ikimenyane cyangwa icyenewabo.

Murenzi Abdallah we amakuru avuga ko akurikiranywe adafunzwe ku cyaha cyo kuba icyitso ku byaha byakozwe na Munyankindi.

Ku byerekeye uko biriya byaha byakozwe, Ubugenzacyaha bwirinze kugira ikintu bubitangaza ho kuko ‘bikiri mu iperereza’.

Amadosiye yabo ari gutunganywa ngo agezwe mu bushinjacyaha.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha , Dr. Thierry B.Murangira avuga ko icyaha baregwa gihanwa n’itegeko ryo kurwanya ruswa kandi ko uwo gihamye ashobora gufungwa imyaka itanu ariko itarenze irindwi n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw ariko zitarenze miliyoni 2 Frw.

Munyankindi afungiye kuri Station ya RIB ku Kimihurura.

Amakuru avuga ko intandaro y’ikurikiranwa rya Munyankindi ari uko mu minsi yatambutse, yasabiye umugore we Visa yo kujya muri Ecosse, amushyira kuri lisiti y’abagomba guherekeza Ikipe y’Igihugu yari igiye gusiganwa mu gihe nta nshingano yari afite muri iryo tsinda.

Ibi byaje kumenyekana muri Kanama, ubwo abakinnyi bari munsi y’imyaka 19 b’Ikipe y’Igihugu y’Umukino wo gusiganwa ku magare bari bari  i Glasgow muri Ecosse bitabiriye Shampiyona y’Isi bahuriragayo inzara.

Aba bakinnyi bageze i Londres basanga indege yari kubajyana i Glasgow saa Mbili n’iminota 20 z’umugoroba yakuwe ku murongo, biba ngombwa ko bahava n’imodoka saa Yine z’ijoro, bakora urugendo rw’amasaha arindwi kandi babiri muri bo bafite isiganwa bukeye bw’aho.

Byatumye abantu bibaza impamvu abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bahura n’ibyo bizazane bakanabura ubitaho.

Ibyo bibazo byakanguye abantu bangira kugenzura urutonde rw’abari baje muri iryo rushanwa biza kugaragaraho izina: Uwineza Providence kandi adakora murI FERWACY.

Ni umugore wa Munyankindi.

Munyankindi asanzwe ari Umuyobozi wa Benediction Excel Energy Team, imwe mu makipe asiganwa ku magare mu Rwanda.

TAGGED:AmagarefeaturedFERWACYIkipeMurenziUmugore
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwinjiye Mu Kibazo Cy’Umuturage Warwo Wiciwe Muri Kenya
Next Article Mu Rwanda Hagiye Kwaduka Amagare Akoresha Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?