Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 August 2025 7:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi b’ibihugu bikomeye mu Burayi bageze i Washington k’ubutumire bwa Perezida Trump ngo ababwire mu magambo arambuye ibyo yemeranyijeho na Vladmir Putin mu nama bagiranye mu mpera w’Icyumweru gishize.

Ku wa Gatanu  Tariki 15, Kanama, 2025 nibwo bombi bahuriye muri Leta ya Alaska mu Mujyi wa Anchorage baganirira mu muhezo mu gihe cy’amasaha atatu.

Mu nama Trump azagirana n’abayobozi bo mu bihugu by’Uburayi hazaba hari na Volodymyr Zelensky Perezida wa Ukraine kandi yaba BBC yaba The New York Times cyangwa Politico byose byemeza ko ari we ibiganiro bizatindaho.

Amakuru avuga ko Perezida wa Amerika yamaze gutanga umurongo ko Ukraine igomba kuzibukira ibyo gushaka kujya muri OTAN kandi iby’uko yasubirana Intara ya Crimea ikabyibagirwa.

Kugeza ubu abayobozi b’ibihugu bikomeye mu Burayi barimo Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron,  Sir Keir Starmer Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Chancellor w’Ubudage Friedrich Merz n’Umunyamabanga Mukuru w’Ubumwe bw’Uburayi Ursula Gertrud von der Leyen bamaze kugera muri Amerika.

Abandi ni Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani Giorgia Meloni, Perezida wa Finland Alexander Stubb n’abayobozi bakuru ba OTAN.

Minisitiri w’Intebe w’Ubutaliyani Meloni avuga ko we n’abandi Banyaburayi bashyigikiye Ukraine gusa akemeza ko banashyigikiye umuhati wa Amerika mu buhuza ikora.

Kuba Putin yarabanje kuganira na Putin nta Munyaburayi uhari cyangwa Umunya Ukraine bigaragara nk’ikimenyetso cy’uko intambara iri hariya abagomba kuyiganiraho b’ibanze ari nabo bayirwana mu by’ukuri n’ubwo atari bo ihitana ni Amerika n’Uburusiya.

Ikibabaje, nk’uko bamwe babivuga, ni uko abenshi babigwamo ari Abanya Ukraine kandi nta Munyamerika wabiguyemo ahubwo Amerika yo yahaye Ukraine intwaro zifite agaciro kanini mu  madolari igomba kwishyura.

Hagati aho kandi Uburusiya bwamaze kwigarurira ibice bingana na 25% by’ubuso bwose bwa Ukraine, ubuso buje bwiyongera kuri Crimea yafashwe mu mwaka wa 2014.

Tariki 22, Gashyantare, 2022 nibwo ingabo 100,000 z’Uburusiya zatangije intambara muri Ukraine.

Amakuru yavugaga ko Putin yabikoze ngo aburizemo umugambi Ukraine yari ifite wo kujya muri OTAN, ikintu cyari bwugarize umutekano w’Uburusiya.

TAGGED:featuredIntambaraUbufaransaUburwayiUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda
Next Article Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?